RFL
Kigali

Iposho nditanga ntashye za saa mbiri saa tatu - Ubuzima buteye agahinda bw’umuryango wa Hagenimana n’icyifuzo atanga

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/01/2022 13:37
0


Umukaranani Hagenimana Samuel ukomeje kwiharira imbuga nkoranyambaga, yatangaje ko umuryangwo w’abana babiri n’umugore ubayeho nabi kuko ariwe ukora nabwo ibidafatika ku buryo mu gihe abandi basiga ikintu mu rugo, we agitanga atashye kandi bikaba nta kuraza, akaba yisabira uwaba afite umutima wo kumufasha ko yabikora.



Nta gihe kinini gishize abantu mu Rwanda no mu mahanga batangiye guhererekanya amashusho y’umukarani ugaragara ashishikariye umurimo ibintu byakoze ku mitima ya benshi nyuma yuko amenyekanye bagatangira kumufasha.

Mu kiganiro yagiranye na INYARWANDA akaba yagarutse ku buzima bukomeye we n’umuryango we babayeho anaboneraho gutanga icyifuzo mu izina ry’umuryango we.

Yatangiye agira ati:”Madamu wanjye ni ukuva cyera ari mu rugo, nta kazi namushakiye kuko nta bushobozi nari mfite, ubwo nari mfite bwari ubwo kumutunga, nkabasha kubona icyo gihumbi cyo kurya.”

Akomeza agira ati:”Inzu nkayishyura nabwo bigoranye, nyirayo akanyihanganira ibihumbi 2, 3, 10 ugasanga rero simwishyuye neza bikambabaza cyane. Ni njye byose bikenerwa mu rugo bivaho”.

Avuga ku kuba ariwe ukora wenyine mu rugo, ari ibintu bikomeye bituma kurya ari ikosi, kwiga ari ingume, ati:”Mu gihe abandi bagabo bava mu rugo basize iposho njye nditanga ntashye za saa mbiri saa tatu.”

Yongeraho ati:”Ntabwo umwana aratangira kwiga, ari mu rugo ariyicariye ategereje ko ubushobozi buboneka akajya ku ishuri.”

Samuel avuga ko nta nzozi kandi yari afite mu buzima, ati:”Ni mbone bucyeye mbone bwije nta bindi.”

Umukarani Samuel yagize icyo yisabira uwagira umutima wo kumufasha agira ati:”Uwampera abana babiri ubushobozi bwo kwiga, ikindi cya kabiri umugore wanjye akabona imikorere kuko aricaye ari mu rugo nta kazi afite kandi nanjye akazi mfite karacumbagira ejo bundi nzaba nanashaje ndimo nkandagira mu myaka y’ubukure basi nkabona naho mpisha umusaya byaba ari ibyo.”

Hagenimana Samuel yifuza kubona abana be biga, umugore we afite icyo gukora no kugira aho kuba ubwo buzima bwamunyura

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO INYARWANDA YAGIRANYE NA HAGENIMANA SAMUEL

">


   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND