RFL
Kigali

Abana biswe intwari nyuma yo kuvana imodoka mu muhanda ubwo umubyeyi wari ubatwaye yari aguye igihumure

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:20/01/2022 12:02
0


Mu bwami bw’Abongereza mu gihugu cya Wales, abana babiri b’abahungu bakina mu ikipe y’abato ya Sweansea City biswe intwari nyuma y’uko bafatanyije kuvana imodoka mu muhanda rwagati nyuma y’uko umubyeyi wari ubatwaye aguye igihumure.



Aba bana bakoze igikorwa cy’ubutwari cyo kurokora uyu umubyeyi harimo uwitwa Hari na mugenzi we Dylan. Ibi bakaba barabikoze mu byumweru bibiri bishize ubwo bari mu muhanda bava mu irerero ritoza abana umupira w’amaguru ry’ikipe ya Sweansea City mu gihugu cya Wales giherereye mu bwami bw’Abongereza.

Mu nzira Hari w’imyaka 13 y’amavuko n’inshuti ye Dylan w’imyaka 12 y’amavuko,  ubwo bavaga aho bigira umupira w’amaguru batwawe n’umubyeyi wa Hari, mu muhanda rwagati uyu mubyeyi yaje kugwa igihumure.

Nyuma yo kubona bagiye gukora impanuka uyu mwana Hari yahise afata icyemezo maze afata Volant (soma vola) kugira ngo atabare umubyeyi we ndetse n’inshuti ye. Hari yagize ati: “Nahise mfata Volant maze mpita ntwarira imodoka mu nzira imodoka zihagararamo niko guhita tugenda urugendo rurenga kilometero. Dylan yarambwiye ngo nshane amatara aburira ubwo twari tugiye guhagarara, ndetse anambwira ko ngomba gushyiramo frein à main (feriyamu).”

Ubwo imodoka yahagararaga Hari yahise asohoka mu modoka areba ko hari uwo yabona wabaha ubufasha maze na mugenzi we Dylan ahita ahamagara Se wa Hari.


Hari (ibumoso) na mugenzi we bakoze igikorwa cy'ubutwari

Uyu mubyeyi yaje guhita ajyanwa mu bitaro bya Marriston Hospital biri mu mujyi wa Sweansea ndetse amakuru avuga ko yatangiye koroherwa mu minsi micye yakurikiyeho.

Aba bana ndetse n’uyu mubyeyi ni Imana yakinze ukuboko ntibakora impanuka kuko bari mu muhanda umanuka nkuko umwe muri aba bana yabitangarije itangazamakuru.


Aba bana biga umupira w'amaguru mu irerero ry'umupira w'amaguru ry'ikipe ya Sweansea City

Hari na mugenzi we Dylan bakejwe n’abantu batari bacye kubera igikorwa cy’ubutwari bakoze ndetse mu bantu babakeje harimo n’umuyobozi w’ishuri ry’umupira w’amaguru bigamo wabise intwari.

   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND