RFL
Kigali

Intore Tuyisenge yagaragaje uko kurengera ibidukikije bifasha abahanzi kujya mu nganzo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/01/2022 17:55
0


N’ubwo kurengera ibidukikije bireba buri wese ariko iyo bigeze ku bahanzi biba umwihariko, kuko imiterere y'ikirere n’imimerere y'ahantu bibafasha kujya mu nganzo (guhanga).



Ibidukikije ni ubuzima bwa buri wese, kandi kubirengera bikaba ari ukurengera ikiremwamuntu nacyo kiri mu bidukikije

Nk’uko biri muri Politike y'Igihugu, Abaturarwanda basabwa gufata iya mbere mu kurengera ibidukikije mu buryo bwose bushoboka.

Haba guca imirwanyasuri, gutera ibiti bivangwa n'imyaka, gukoresha Gaz cyangwa Biogaz n’ibindi birondereza ibicanwa.

Hari amategeko arengera ibidukikije kubyangiza anagaragaza ibihano arimo nk'igifungo no gucibwa ihazabu.

Intore Tuyisenge wamamaye mu ndirimbo zitandukanye, avuga ko abahanzi bakwiye gufata iya mbere mu kurengera ibidukikije kuko ari byo bituma babona akayaga keza kabafasha kujya mu nganzo.

Uyu muhanzi agaragaza ko ibidukikije bifasha umuhanzi kujya mu nganzo atuje, bityo bikamufasha gukora igihangano gifite ireme.

Agatanga urugero rw’uko byinshi mu bikoresho bikoreshwa haba muri muzika, sinema, ubugeni n’ahandi byose bikomoka ku bidukikije.

Intore Tuyisenge yabwiye INYARWANDA ko akenshi indirimbo ze azandika ari mu nzira agenda cyangwa ari mu ishyamba, kuko ‘bimfasha gutekereza neza no guha umwanya uhagije icyo gihangano’.

Agakangurira bagenzi be gukangurira abafana n’abakunzi b’umuziki kurengera ibidukijije. Ati “Nk’abantu tuvuga tukumvwa na benshi cyangwa dukurikirwa na benshi, ni ngombwa ko ubu butumwa tubugeza ku bakunzi bacu n'ab'ibihangano byacu, kugira ngo dufatanye urugamba rwo kurengera ibidukikije no guhangana n'imihindagurikire y'ibihe.”

Uyu muhanzi avuga ko mu rwego rwo gutanga umusanzu we mu kurengera ibudukije yakoze indirimbo yise ‘Turengere ibidukikije’ , igamije gushishikariza abantu kurengera ibidukikije no guhangana n'imihindagurikire y'ibihe.

Ni indirimbo yasohotse mu buryo bw'amajwi n'amashusho, ikaba yarafatiwe ahantu hatandukanye hirya no hino mu turere.

Nyuma yo kubona ko ibidukikije bikomeje kwangizwa kandi bifatiye runini ikiremwa muntu, Tuyisenge avuga ko yahisemo gukora indirimbo ishishikariza abaturage kurengera ibidukikije.

Kubifata neza no kubyongera aho bitari hagamijwe guhangana n'imihindagurikire y'ibihe, kuko uko bwije n’uko bukeye ‘tubona ibihe bigenda bihindagurika cyane kandi kubera ibikorwa bya muntu byangiza ibidukikije.’

Iyi ndirimbo inagamije kwereka abantu uko bafata neza ubutaka kugira ngo budatwarwa n'isuri, ahubwo bakabuteraho ibiti bivangwa n'imyaka bityo Tuyisenge yasabye abahanzi gufata iya mbere mu kurengera ibidukikije kuko ari byo bituma babona ‘akayaga keza kadufasha kujya mu nganzo’ 

Tuyisenge avuga ko kwangiza ibidukikije ari icyaha gihanwa n’amategeko, bityo ko abantu bakwiye kubyitondera

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘TURENGERE IBIDUKIKIJE’ YA INTORE TUYISENGE

"> 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND