Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Remera [Ahahoze hitwa KIE)], yateguye amarushanwa azasiga hamenyekanye umukobwa uhiga abandi mu bwenge n’umuco yiswe “Lady Vivid UR.”
Ni ku nshuro ya mbere aya marushanwa
agiye kubera muri Kaminuza y’u Rwanda. Bitewe n’icyorezo cya Covid-19 azabera
mu Ishami rya Remera, ariko umukobwa uzatorwa azaba ahagarariye amashami yose
ya Kaminuza y’u Rwanda.
Biteganyijwe ko ku nshuro ya kabiri
iri rushanwa rizazenguruka mu mashami icyenda (9) ya Kaminuza y’u Rwanda,
umukobwa utsinze akaba ari we uhabwa ikamba rya ‘Lady Vivid UR’.
Iri rushanwa riri gutegurwa n'itsinda
ry'abanyeshuri bahagarariye abandi muri Kaminuza y'u Rwanda, Ishami rya Remera
binyuze muri Minisiteri ishinzwe guteza imbere abakobwa n'uburinganire, iyobowe
na Shima Marie Denise kuva muri Kamena 2021.
Kuva yatorerwa izi nshingano
yagaragaje icyuho mu buyobozi bw’amashuri muri Kaminuza, aho usanga umubare
munini w’abahungu ari bo batorerwa kuyobora ishuri. Rimwe na rimwe agatekereza
ko hari ‘itegeko rivuga ngo umuyobozi w’ishuri agomba kuba ari umuhungu’.
Uyu mukobwa avuga ko Kaminuza yigamo
abahungu n’abakobwa baba batsinze neza, ariko ugasanga ‘abo bakobwa batsinze
neza nta kindi kintu bahagarariye muri Kaminuza nyamara abahungu bayoboye ‘association’
zose zo muri Kaminuza’.
Shima Marie Denise yabwiye INYARWANDA
ko aha ari ho yakuye igitekerezo cyo gutegura irushanwa rizajya rihuza abakobwa, hagamijwe kubatinyura kwinjira mu myanya y’ubuyobozi no kubereka ko nabo
bashoboye, bagira uruhare mu guhindura ubuzima bwa sosiyete.
Ati “Buri kintu cyose gikorerwamo
hariya ni umuhungu, ariko se kubera iki umukobwa we atafata izo nshingano?
Kubera iki umukobwa we atamenya ko hari ibibazo biri ahantu ari kandi ashobora
kugira uruhare mu kubikemura?”
Ni igitekerezo avuga ko yagaragarije
komite muri Nzeri 2021. Ati “Ni uko igitekerezo cyaje. Kubera ko mba muri
komite y’abanyeshuri bayoboye abandi ndakibaganiriza, baragishyigikira ni uko
komite yahise igitegura gutyo.”
Uyu mukobwa yavuze ko iri rushanwa
ritazita ku bwiza, ahubwo rishingiye ku bwenge n’umuco, ari nayo mpamvu n’abafite
ubumuga bemerewe kwitabira.
Ati “Si uko abakobwa bo muri Kaminuza
atari beza […] cyane ko iyo bajya kubahitamo ngo baze kwiga muri Kaminuza
ntabwo bareba ibintu by’ubwiza, bareba ubwenge, kandi bakahagera ugasanga barita
cyane ku ikayi, ese kuki ubwo bwenge batabukoresha mu guteza imbere aho batuye?”
Yavuze ko Akanama Nkemurampaka
kazifashishwa muri iri rushanwa kazahitamo umukobwa gashingiye ku mushinga
ubyarira inyungu sosiyete, uburyo abasha kuwusobanura akanagaragaza uko
uzashyirwa mu bikorwa kandi mu buryo bworoshye.
Ni umushinga avuga ko ugomba kuba
wubakiye ku buzima rusange n’imyigire. Akavuga ko n’abakobwa babyaye bemerewe
kwitabira iri rushanwa. Denise avuga ko iri rushanwa baryitezeho gutinyura
abakobwa no kwiyumvamo inshingano zo gukemura ibibazo no gutanga ibisubizo.
Mu minsi iri imbere, hazatangazwa uko
abakobwa bazatangira kwiyandikisha muri iri rushanwa, igihe cy’amajonjora n’uko
irushanwa rizakorwa kugeza rirangiye.
Ikindi ni uko hazanatangazwa ibihembo
ku bakobwa bane bazatsinda: Umukobwa uzegukana ikamba rya ‘Lady Vivid UR’,
igisonga cya mbere, igisonga cya kabiri n’igisonga cya Gatatu.
Denise avuga ko bazakora iri rushanwa
bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, kandi ko umukobwa uzitabira agomba
kuba yarafashe doze ebyiri z’urukingo rwa Covid-19.
Abakobwa 10 nibo bazajya mu mwiherero
(Boot Camp) w’iminsi ibiri kuva ku wa 17-19 Gashyantare 2022. Ni mu gihe
umukobwa uzegukana ikamba n’ibisonga bye bine azamenyekana ku wa 20 Gashyantare
2022.
1. Agomba kuba yiga muri Kaminuza y’u
Rwanda ishami rya Remera.
2. Kuba afite imyaka iri hagati ya 18
y’amavuko na 35 y’amavuko.
3. Kuba afite umushinga ubyarira
inyungu sosiyete mu buzima rusange n’imyigire.
4. Agomba kuba avuga neza zimwe mu ndimi zikoreshwaga mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Remera, Shima Marie Denise uri gutegura ‘Lady Vivid UR’, yavuze ko abanyeshuri bo mu yandi mashami bemerewe kwitabira igikorwa cyo gutora uhiga abandi ariko ko batemerewe guhatana
Shima Marie Denise uri gutegura ‘Lady Vivid UR ari kumwe na Niyonkuru Jean D’amour Ushinzwe imigendekere y’iri rushanwa, akaba anashinzwe itangazamakuru muri Kaminuza
AMAFOTO: Iradukunda Jean de
Dieu-INYARWANDA.COM
TANGA IGITECYEREZO