RFL
Kigali

Hari abari gukoresha amashusho y’undi mwana mu guha icyubahiro Akeza Elisie witabye Imana

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:19/01/2022 11:45
0


Akeza Elisie Rutiyomba akomeje kunamirwa n’ibihumbi by’abantu nyuma y’urupfu rwe rwashenguye benshi n’abacyekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe babiri bagatabwa muri yombi, nyamara ariko hari abakomeje gukoresha amashusho atari yo, y’undi mwana nawe wasubiyemo indirimbo ‘My Vow’ ya Meddy.



Mu gihe benshi bakomeje gufata mu mugongo umuryango wa Akeza Elisie no kumuha icyubahiro bamwifuriza kuruhukira mu mahoro, mu mashusho ari kwifashishwa ku mbuga nkoranyambaga hari abari gukoresha n’atari yo y’undi mwana bajya gusa nawe waririmbye indirimbo ‘My Vow’.

Umwana witabye Imana akaba ari Akeza Elisie Rutiyomba wamamaye mu mashusho mato y’amasegonda cumi n’arindwi (17s) asubiramo indirimbo ‘My Vow’, muri aya mashusho akaba agaragara nk’uwiyogoshesheje, yambaye ipantaro y’irosa iriho udushushanyo twinshi n’umupira w’ubururu bwerurutse, ushushanyije agapupe imbere kambaye amarinete.

Ahagaze ku itapi y’umutuku imbere y’umuryango wa kaki yerurutse, iruhande rwe hari intebe ya purasitike y’ubururu bwijimyemo.

Mu gihe undi mwana bari mu kigero kimwe benshi bari kumwitiranya nawe, wanasubiyemo indirimbo ya Meddy agaragara mu mashusho y’amasegonda mirongo itatu (30s), ayiririmba yicaye mu ntebe z’imisego anafite undi mu ntoki, asutse imisatsi, afite amaherena ku matwi, yambaye n’umupira w’imbeho, inyuma ye hari itara n’intebe zifite ibara rya kaki irabagirana.

Yaba Akeza witabye Imana n’umwana bari kubitiranya, bose bakaba ari abana bakomeje kugenda bishimirwa ku mbuga nkoranyambaga basubiramo indirimbo ‘My Vow’.

Bakaba ariko batandukanye bityo rero abakomeza kwifuriza Akeza Elisie Rutiyomba iruhuko ridashira no kwifatanya n’abasigaye mu kababaro bakaba bagakwiye gukoresha amashusho ya nyayo.


Amashusho asa gutya niyo  Akeza Elisie Rutiyomba agaragaramo asubiramo indirimbo 'My Vow'


Uyu ni undi mwana nawe wasubiyemo 'My Vow' ariko si we witabye Imana

Babiri bacyekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Akeza batawe muri yombi mu gihe iperereza rigikomeje







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND