Ababyeyi ni bo baba bafite inshingano zo guha abana babo ibintu by’ibanze birimo urukundo, kwitabwaho, gushyigikira, ndetse n’ibikoresho bitandukanye hakiyongeraho n’ubumenyi ku bintu bitandukanye. Ababyeyi nibo barimu bakomeye ku bana babo, kuko batanga ubumenyi mu buryo bw’umwihariko.
Icya mbere: Ni bo bigisha abana babo kuvuga bakiri bato. Ijambo “mama” na “papa” ni ryo
umwana wese atangiriraho yiga kuvuga. Ni na cyo gihe umwana yiga gushyikirana no
kumenya kugaragaza uko yiyumva ku bintu bimuri iruhande.
Icya kabiri: Ababyeyi nibo baba bafite mu nshingano kwaguka k’umubiri w’umwana. Nibo bafasha
umwana kumenya gutangira kugenda binyuze mu gukina nabo no kubatera ishyaka.
Icya gatatu: Ababyeyi baba bafite inshingano zo gufasha abana babo mu minsi yabo ya mbere yo
kujya ku ishuri, babigisha kumenya kwandika amazina yabo, kumenya gusoma
inyajwi n’ingombajwi, babigisha kuririmba zimwe mu ndirimbo zo mu mashuri
y’inshuke, bakanabigisha kumenya kubara n'uko bagomba
kwitwara mu ishuri, imbere y’abarimu babo, n’abanyeshuri bigana.
Icya kane: Ababyeyi bigisha
abana kutikubira uko byagenda kose, bakanabafasha kubaremamo imico myiza
n’imyumvire mizima cyane cyane iyo abana bageze mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu.
Iki aba ari cyo gihe cyiza cyo kuyobora no gufasha umwana kugira imyitwarire
myiza cyane ko imyitwarire y’umubyeyi iba afite icyo isobanuye ku myitwarire
umwana azagira.
Inkomoko: Thelogicalindian.com
TANGA IGITECYEREZO