RFL
Kigali

Ibyo wamenya kuri 'Shumukh' umubavu (Perfume) uhenze ku isi ugura akayabo ka Miliyari 1.3Frw irenga

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:18/01/2022 11:39
0


Umuntu agira ibyifuzo binyuranye, mu biza ku isonga harimo no guhumura neza, gusa kubigeraho bisaba ibintu binyuranye, muri byo harimo no kwitera imibavu. Shumukh ni wo mubavu uhenze kurusha iyindi ku isi.



Umubavu mwiza ntabwo utuma uwawiteye yumva ameze neza gusa, binamuhesha icyubahiro mu bandi, kandi guhumura neza ni kimwe mu bintu by’ingenzi mu buzima bwa muntu cyane cyane bw’abanyamideli n’uruganda rw’imideli.

Nyamara igiciro cy’imibavu benshi bitera kigenda gitandukana bitewe n'uko ihumura, uruganda rwayikoze n’iduka ihahiwemo, ibiyikoze, ibyo imfunyitsemo n’ibindi bintu binyuranye birimo n’abayamamaza  kimwe n’abayitera b'ibyamamare ku isi.

Umubavu uzwi ku izina rya Shumukh ukaba ariwo uri ku mwanya wa mbere kugeza ubu mu guhenda aho uhagaze miliyari 1.3Frw irengaho gato. Shukumkh ikaba yaranamaze gushyirwa ku rutonde rwa ‘Guiness World Record’ kubera icupa irimo rigizwe ahanini n’umulinga wa diyama n’ibiyikoze.

Shumkh yashyizwe ku isoko mu birori by’agatangaza byabereye mu cyumba cya Armani mu muturirwa kabuhariwe wa Burj Khalifa mu mujyi w’ubucuruzi wa Dubai, ukaba waratunganijwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikompanyi y’Ubucuruzi bw’Imibavu ya Nabeel, Asghar Adam Ali umuhanga mu bijyanye no gutunganya imibavu.

Kugeza ubu agacupa kamwe ni ko kari ku isoko


Asghar Adam Ali ni we wakoze umubavu wa shumukh

Wakozwe hifashishijwe ibimera binyuranye n'ibindi bitandukanye byakuwe mu bihugu birimo Ubuhinde na Turikiya






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND