Rayon Sports yanyomoje amakuru akomeje gucicikana avuga ko yirukanye abakinnyi bayo b'abarabu kubera imyitwarire mibi.
Umuvugizi wa Rayon Sports Nkurunziza Jean Paul mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda,
yatangaje ko abakinnyi ba Rayon Sports barimo Youssef na Ayoub batirukanwe
ahubwo bafite ikibazo cy'uburwayi. Yagize ati" ayo makuru ntabwo ariyo, sinzi
naho yavuye. Nta nama yigeze iterana yiga ku bakinnyi kuko nti watumiza inama
yiga ku muntu umwe cyangwa babiri."
Youssef Rhab ni umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri shampiyona uyu mwaka
Abajijwe
ku makuru ari mu ikipe ndetse n'uko biteguye umukino, nkurunziza yatangaje ko
Musanze FC bazahura ari ikipe biteguye neza. Yagize ati" Musanze FC
tuyiteguye neza, ubu abakinnyi bose bari hamwe, biteguye kuzakina ku munsi
wejo, uyu munsi bakoze imyitozo mu gitondo ndetse na nimugoroba barakora indi
ubu igisigaye ni mu kibuga."
Ayoub ntabwo arabona umwanya ubanza mu kibuga
Ku bakinnyi
batazagaragara mu kibuga, Nkurunziza yatangaje ko Youssef ari mu bakinnyi
batazaboneka. Ati" dufite abakinnyi barwaye barimo Mitima Isaac, Sam,
Ayoub, ndetse na Youssef, biteganyijwe ko batazagaragara kuri uyu mukino."
Youssef na Ayoub bose bageze muri Rayon Sports nk'intizanyo ya Raja Cassablanca, ariko kugera ubu Youssef ni umwe mu bakinnyi bagaragaza itandukaniro muri Rayon Sports ndetse no muri shampiyona y'u Rwanda kugeza ubu.
TANGA IGITECYEREZO