RFL
Kigali

Kenya: Umuryango urashakisha umwana wabuze nyuma yo guhatirwa gusibira mu ishuri yari asojemo akabyanga

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:14/01/2022 11:21
0


Mu gihugu cya Kenya haravugwa inkuru y’umwana w’imyaka 14 y’amavuko wigaga mu mashuri abanza, umuryango we waburiye irengero nyuma y’uko umwarimu we amuhatiye gusibira mu mwaka yari arangije atabishaka. Uyu mwana nyuma yo gusibizwa atabishaka ntabwo yigeze abimenyesha ababyeyi be.



Ababyeyi batuye mu gace ka Narok muri Kenya, bari mu gahinda ko kubura irengero ry’umwana wabo w’imyaka 14 y’amavuko wabuze mu byumweru bitandatu bishize ubwo yari yagiye ku ishuri.

Uyu mwana witwa Gabriel Anthony yabuze kuwa 06 Ukuboza 2021, ndetse kugeza magingo aya umuryango we nturamenya aho aherereye. Antony amakuru avuga ko yigaga mu mwaka wa karindwi w’amashuri abanza ku ishuri ribanza rya Ilmashariani (Ilmashariani Primary School) muri Kenya.

Millicent Okoth umubyeyi wa Anthony yatangaje ko bishoboka ko umuhungu we yabuze nyuma y’uko ku ishuri yigagaho bamuhatiye gusibira mu mwaka yari arangijemo wa karindwi maze akabyihererana ntabivuge.

Mu magambo ye yagize ati: “Njye narinzi ko umuhungu wanjye ari mu mwaka wa munani ndetse nishyuraga amafaranga yose yasabwaga abanyeshuri biga mu mwaka wa munani. Umunsi umwe ubwo nahuraga n'umwe mu banyeshuri bigana, niwe wambwiye ko Anthony yigaga mu mwaka wa karindwi. Naratunguwe cyane kubera ko atigeze abwira Se cyangwa njye ko umwarimu we yamusibije mu mwaka wa karindwi yari arangijemo.”


Anthony amaze ibyumweru birenga bitandatu abayeyi be batazi irengero rye

Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko umwana we yasoje umwaka wa karindwi afite amanota meza ndetse no ku ndangamanota ye hari handitseho ko yimutse mu mwaka wa munani.

Okoth yaje kujya ku ishuri umuhungu we yigaho maze abarimu bamubwira ko bafashe icyemezo cyo gusibiza umwana we nyuma y’isuzuma bamuhaye.

Uyu mwana amakuru avuga ko yabuze nyuma yo kuva ku ishuri yigagaho ubwo bari mu gihe cy’ikiruhuko, nyuma ababyeyi be baza kubona bagenzi be bigana aribo batahanye agakapu atwaramo amakaye bavuga ko batazi aho mugenzi wabo aherereye.

Nyuma yo gutegereza iminsi itari micye umwana wabo ataza, aba babyeyi baje kwiyambaza inzego zishinzwe umutekano ariko na n'ubu ntibaramenya irengero rye. Umuyobozi w’ikigo Anthony yigagaho yatangaje ko kuba uyu mwana yarabuze atari impamvu zo gusibizwa ahubwo bishobora kuba ari amakimbirane yo mu muryango we kuko yabanaga n’umugabo utari Se wamubyaye (Stepfather).  

Uyu mwana akomeje gushakishwa ndetse n’inzego zishinzwe umutekano zasabye uwamenya amakuru yaho Anthony yaba aherereye ko yahita atanga amakuru. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND