Ushobora kuba utarabonye umwanya wo kureba amashusho y’indirimbo ‘Say Yes’ umuhanzikazi Yvonna yakoranye n’umuhanzi Davis D, uze gufata umwanya urebe neza uraza kwemeranya n’abandi ko umusore ugaragara muri iyi ndirimbo atari Davis D.
Ni umusore w’igara nk’irye, bifunga
kimwe [Mu mvugo z’ubu]. Wagerageje kwambara neza sitire (style) nk’izo Davis D
ajya akunda kwambara mu ndirimbo ze.
Yagerageje kwisanisha na we birakunda
ku buryo udacunze neza wagira ngo ni Davis D uri guterana imitoma na Yvonna mu
gushushanya neza iyi ndirimbo.
Uyu musore yambaye 'shenette' mu
ijosi, ingofero ya 'mask' y’umwenda idatuma umubona neza mu maso, ubundi
akabyina yisanisha na Davis D nk’uko abikora.
‘Say yes’ ni indirimbo nziza, ndetse
ifite umudiho wakizihira benshi cyane cyane nko mu bihe by’impeshyi n’ibindi.
Mbese irabyinitse! Mvugira ngo irabyinitse!
Muri aya mashusho, Yvonna ubarizwa
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika we agaragara mu isura ku buryo ejo n’ejo
bundi muhuriye mu muhanda wamumenya.
Uyu muhanzikazi afashwa mu muziki na
Label yitwa ‘Versatile Records’ yo muri Amerika ndetse mu Rwanda ifitanye
imikoranire na studio ‘WaveRecords’ ya Producer Iyzo.
Niyo ndirimbo ya mbere Yvonna
yasohoye inamuha ikaze mu muziki. Aherutse kubwira INYARWANDA ko yinjiye mu
muziki agamije kugaragariza Abanyarwanda icyo ashoboye, asaba gushyigikirwa.
Yagize ati “Ninjiye muri muzika
kwereka impano yanjye abanyarwanda n'abandi batandukanye. Indirimbo yanjye
nasohoye yitwa 'Say Yes' ni indirimbo y'urukundo buri wese ukundana yakumva
akanayibyina, nkasaba abanyarwanda kunshyigikira cyane kuko sinzabatenguha.”
Kuva iyi ndirimbo yasohoka, Davis D ntiyigeze
agira icyo ayivugaho yaba ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi.
Gusa, hari amakuru avuga ko yanze
kugaragara muri iyi ndirimbo bitewe n’uko ari kwitegura gushyira hanze
amashusho y’imwe mu ndirimbo zigera kuri eshanu amaze gutunganya.
Hari amakuru agera kuri INYARWANDA
avuga ko abashinzwe kureberera inyungu za Yvonna bavuganye n’abashinzwe
kureberera inyungu za Davis D bemeranya umushinga wo gukorana iyi ndirimbo.
Buri muhanzi yifashe amajwi maze
arahuzwa, indirimbo irakorwa. Mu gihe cyo gukora amashusho, Yvonna yohereje
amafaranga ntiyayoherereza abashinzwe inyungu za Davis D ahubwo ayoherereza
Producer Iyzo wakoze iyi ndirimbo.
Gusa, andi makuru avuga ko nta
mafaranga na macye Yvonna yigeze yishyura Davis D ahubwo yari ayiteze mu gihe
cyo gukora amashusho y’iyi ndirimbo.
Uwaduhaye amakuru ati “Nta mafaranga
uwo muhanzikazi yishyuye Davis D. Ngo uwo yayahaye yarayiririye tubona yasohoye
ibyo [Aho Davis D yasimbuje umusore uteye kimwe nawe].”
Bagenzi Bernard ushinzwe kureberera
inyungu za Davis D muri Incredible Records yabwiye INYARWANDA ko iyi ndirimbo
atayizi. Ati “Ntabwo nyizi.”
Umuhate wa INYARWANDA wo kuvugana na
Iyzo Pro kuri iki kibazo ntacyo wagezeho. Ni mu gihe umuhanzi Yvonna atigeze
asubiza ubutumwa yandikiwe.
Yvonna abarizwa muri Amerika ari naho
akorera umuziki; we amaze iminsi ashishikariza abantu kureba iyi ndirimbo
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SAY YES’ YA YVONNA NA DAVIS D
TANGA IGITECYEREZO