RFL
Kigali

Gisagara: Abana b'incuke bahawe ibitabo byo gusoma byitezweho kuzamura ireme ry'ubumenyi

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:13/01/2022 18:02
0


Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi 'REB' cyatanze ibitabo ku ishuri ry’incuke ribarizwa mu Karere ka Gisagara, umuyobozi w’iri shuri abasezeranya kubikoresha bikaba umusemburo wo kumenya gusoma ndetse anavuga ko bizafasha abarimu.



Ubusanzwe REB isanzwe itanga ibikoresho ku bigo by’amashuri atandukanye. Kuri ubu iki kigo cyashyikirije Mutuyimana Restituta, umuyobozi wa EP HIGIRO, ibitabo bigenewe abana b’incuke kugira ngo bakomeze gukarishya ubumenyi banamenya gusoma neza mbere y’uko bajya mu mwaka wa mbere aho biga ibintu bitandukanye batangira gufata nk’ibikomeye.

Uyu muyobozi w’iri shuri, yasobanuye ko kugeza ubu abarimu be  bafite ibikoresho bihagije ndetse ko biteguye gukora cyane kugira ngo bazatange umusaruro mwiza byibura nyuma y’imyaka 3. Mutuyimana yongereyeho ko ibitabo bahawe ari impano ikomeye kandi iziye igihe kuri bo. Yagize ati:

“Ubu abarimu bafite ibikoresho bihagije ndetse navuga ko nyuma y’imyaka 3 umusaruro uzaba wigaragaza ku buryo bugaragarira abantu bose. Ibi bitabo ni impano ikomeye kandi iziye igihe”.

Mu Karere ka Gisagara biteganyijwe ko hazatangwa ibitabo ibihumbi makumyabiri magana atanu na mirongo icyenda na bibiri. Ibi bitabo bisomwa n’abana b’incuke  bimaze gutangwa mu turere twinshi tw’igihugu harimo Nyamagabe n'utundi...


Muyuyimana Restituta , umuyobozi w'iri shuri ry'incuke rya EP HIGIRO ryashyikirijwe ibitabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND