Niba wagiraga impungege ko inshuti zawe cyangwa se abandi bantu harii cyo bakuvuzeho ku rubuga rwa WhatsApp, igisubizo ugiye kukibona mu minsi micye iri imbere kuko uru rubuga rugiye gushyiraho uburyo abarukoresha bazajya bamenyeshwa mu gihe inshuti zabo zagize icyo zibavugaho mu biganiro byabo byo kuri uru rubuga.
Ikigo cya Meta cyahoze cyitwa Facebook akaba ari na cyo
nyiri uru rubuga rwa WhatsApp, kiratangaza ko ubu buryo bushya
bugiye kuzafasha abakoresha uru rubuga kumenyeshwa mu gihe hari ibiganiro
runaka kuri uru rubuga bavuzweho cyane cyane nko muri 'Group' babarizwamo.
Muri macye ubu buryo uru rubuga rwa WhatsApp rugiye
kuzana mu minsi iri imbere, ntabwo buzajya butanga amakuru yose y’ibiganiro by’uwo
bavuzeho mu kiganiro ahubwo buzajya bumumenyesha abantu bose bamuvuzeho gusa.
Uru buryo buzatuma abakoresha uru rubuga bamenya
amakuru y’abantu babavuzeho mu biganiro cyangwa se basubije ubutumwa banditse
muri 'Group' bahuriyemo n’abandi bantu.
Bivuze ko mbere yo gusoma ubutumwa bwose bwanditswe
n’abantu muri 'Group' ubamo, uzajya ubanza kubona ubutumwa bukumenyesha abantu
bose bakuvuzeho mu kiganiro ndetse n’amafoto yabo (Profile pictures).
Ubu buryo buzafasha abantu bakoresha uru rubuga rwa
WhatsApp kuko hari igihe umara umwanya udakoresha uru rubuga maze wajyaho
ugasanga mu ma-group ubamo harimo ubutumwa bwinshi cyane bityo bikagutera
ubunebwe bwo kubusoma bwose. Mu kukorohereza ubu buryo buzagufasha kumenya
ubutumwa bw’ingenzi ugomba gusoma cyane cyane ubukwerecyeho.
Amakuru avuga ko iki kigo cya Meta cyatangiye
kugerageza ubu buryo kuri telefone zikoresha system ya iOS 15 ikoreshwa muri
telefone z’uruganda rwa Apple ariko ntibiramenyekana niba buzakoreshwa no kuri
telefone za Android.
Biteganijwe ko ubu buryo bushobora gutangira
gukoreshwa guhera muri uyu mwaka turimo wa 2022. WhatsApp kandi iherutse gukora
impinduka kuri uru rubuga mu minsi ishize ubwo yongeraga uburyo butandukanye
abakoresha uru rubuga bifashisha barukoresha, harimo nko kwandika ubutumwa maze
bukaza kwisiba mu gihe runaka wahisemo.
TANGA IGITECYEREZO