RFL
Kigali

Abanyapolitiki ni nk’intanga… Diplomate yasobanuye indirimbo igereranya ingoma Kalinga na Repubulika yayisimbuye-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/01/2022 11:21
2


Haburaga iminsi 16 ngo imyaka ibiri yuzure umuraperi Diplomate atumvikana mu muziki, ku mpamvu asobanura ko ari iz’imikorere mishya yashatse kwimika.



Yaherukaga gusohora indirimbo ‘Umwe bavuze’ yakoranye na Bruce Melodie tariki ya 22 z'ukwezi kwa Mbere 2020, ariko yamamaye mu ndirimbo zirimo nka ‘Karibu sana’ yakoranye na The Ben, ‘Umucakara w’ibihe’, ‘Ikaramu’, ‘Kure y’imbibi’, 'Indebakure', n’izindi nyinshi.

Indirimbo z’uyu muraperi ufite Album yise ‘Fassassie I’ zikundwa kubera ubutumwa bugaruka ku mateka y’ikiremwamuntu n’Isi muri rusange. Imyaka irarenga 10 ashyira itafari ku muziki w’u Rwanda, gusa ntabwo ahozaho.

Diplomate yabwiye INYARWANDA ko imyaka ibiri yari ishize adakora umuziki kubera ko yashatse guhindura uburyo akoramo akazi ke, ko abantu bakwiye kumwitega muri uyu mwaka wa 2022.

Ati “Uyu ni umwaka nteganyamo impinduka ijyanye n'ibihe ndimo. Ndi mu gihe cy'impinduka, abantu bakwitegura ibikorwa byinshi byanjye bihagije muri uyu mwaka.”

Uyu muraperi avuga ko mu kugaragaza ko yagarutse mu muziki, yahisemo gusohora amashusho y’indirimbo ye yise ‘Kalinga’ mu ndirimbo nyinshi yamaze kwandika no gutunganya ateganya kugenda ashyira hanze mu bihe bitandukanye.

'Kalinga' ni imwe mu ngoma zayoboye u Rwanda mu gihe cy'ubwami. Iyi ngoma iri mu zizwi cyane, ku buryo no muri iki gihe benshi bayifashisha iyo bashaka kuvuga ubutegetsi bwa Cyami.

Ni iyo abazungu basanze mbere y'uko ubwami buhinduka hakimakazwa Repubulika. Ingoma Kalinga ni yo yasimbuye Rwoga iba indanga-bwami mu Rwanda kuva ku ngoma ya Ruganzu II Ndori kugeza mu 1962, ubwo ingoma ya cyami yasezererwaga mu Rwanda rugahinduka Repubulika.

Ruganzu Ndori aho aviriye i Karagwe kwa Nyirasenge Nyabunyana, aho yari yarahungishirijwe muri ya midugararo ya se Ndahiro Cyamatare, yimitse Kalinga ho Ingabe isimbura Rwoga. Naho Ingabekezi Cyimumugizi, yari yarabundishijwe isimburwa na Nangamadumbu yari isanzwe ari indamutsa ya Ruganzu Ndori.

Kugira ngo Kalinga itazaba inshike nka Rwoga, bayiremeye inshungu ebyiri: Bariba na Karihejuru, ziremwaho insimbura-ngabe. Nyuma yaho Kigeli Rwabugili aziremeraho: -Mpatsibihugu -Kiragutse -Icyumwe -Butare

Diplomate yabwiye INYARWANDA ko yagize igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo 'Kalinga' nyuma yo kwitegereza uko ubwami bwari bumeze, ariko yagura ibitekerezo bye arebera mu ndorerwamo y’umugabane wa Afurika muri rusange.

Ati “Igitekerezo cy'iyi ndirimbo cyaje mu gihe nari nicaye ntekereza uko ibintu byari bimeze, uko ubwami bwari bumeze, uko u Rwanda rwayobowe, ariko akenshi iyo ndeba ibintu njyewe mbirebera mu rwego rwa Afurika muri rusange.”

“Kubera Pan-Africanism ntabwo njya nkunda kurebera ku ruhare rw'igihugu cyangwa se nk'u Rwanda muri rusange, nkareba uburyo ubuyobozi bw’ibihugu byacu byari bimeze mbere, hanyuma haba habayeho ibibazo by'umwaduko w'abera, ingoma zigenda zihindagurika gutyo, Repubulika iraza iba isimbuye Kalinga."

Diplomate asanga n'ubwo abazungu bahisemo ko ingoma ya cyami ivaho igasimburwa na Repubulika nta musaruro byatanze mu buryo bwagaragarira buri wese.

Akavuga ko ibyo abazungu banengaga ingoma Kalinga byanagaragaye mu gihe cya Repubulika birimo amacakubiri. Ibi ngo ni na ko byagenze no mu bindi bihugu byagiye bikurwamo ubwami.

Ati “Ibyo Repubulika yazanye ishaka kunenga Kalinga mbona ko nta gishya bakoze. Kandi koko nk'uko nabikubwiye iyo Igihugu kitagira amahirwe yo kuba muri aka kanya kiri mu maboko meza, mpamya ko Repubulika yari kuzaroha igihugu birushijeho.”

Iyi ndirimbo yumvikanamo amagambo akakaye nk’aho uyu muraperi avuga ko “Abanyapolitiki ni nk'intanga muri miliyoni harokokamo umwe gusa muzima…”

Uyu muraperi asobanura ko iyi ndirimbo ari ibyiyumviro bye ku ngoma Kalinga na Repubulika. Kandi igashushanya uburyo igihugu cyagize abanyapolitiki benshi ariko ibintu bigakomeza kuzamba, nyamara umuntu umwe agahindura amateka atari yarigeze akorwa n’undi.

Ati “…Bara uhereye muri ibyo bihe urebe muri iyo myaka ya za 59 na 60, ubare aba-Perezida banyuzemo noneho ubare abanyapolitiki banyuzemo kugeza ku munsi duhagazeho ubu.”

“Iyo mbisesenguye nsanga haranyuzemo abanyapolitiki benshi cyane ariko ibintu biba bibi cyane kugeza kano kanya uko igihugu cyacu gihagaze, uburyo ari igihugu cyiza kirimo kwiyubaka, gitanga icyizere usanga ari ibintu dukesha abantu mbarwa ugereranyije n'umubare w'abanyapolitiki bose u Rwanda rwagize guhera muri ibyo bihe kugeza uyu munsi.”

Akomeza ati "[...] Amateka y'Igihugu yacu atwereka ko hari ibintu byinshi byagiye binanira abanyapolitiki benshi cyane ukazasanga bikozwe n'umuntu umwe, agakora ibikorwa bikomeye cyane by'indashyikirwa kugeza n'ubu ngubu Abanyarwanda baba bashima.”

“Cyangwa se n'uwo muntu bakamureberaho nk'ikitegererezo, ari umuntu umwe, haranyuzeho abantu benshi cyane, abanyapolitiki benshi cyane bahagije ariko uyu munsi tukaba dufite ibikorwa byinshi cyane dukesha umuntu umwe bigaragarira buri wese ku mugaragaro.”

“[...] ni aho ngabo ndebera nkavuga nti 'abenshi ntabwo baba ari shyashya hagomba kubonekamo umwe cyangwa bacye bashobora kuba bakora ibintu byiza cyane bifasha igihugu gukomeza gutera imbere.”

Muri iyi ndirimbo kandi, uyu muraperi hari aho aririmba agira ati “'Niba wumva ko kuri wowe ujya ugira ikibazo ku muziki ufite 'message zimeze gutya ese hari ikibazo ujya ugira ku bandi bakora imiziki nk'iya Shangazi wo muri Zirarazishya?'.

Diplomate avuga ko uyu murongo yawushyize muri iyi ndirimbo mu rwego rwo kugira ngo mu gihe kizaza hatazagira abantu batesha agaciro umuziki wigisha, ahubwo bakimika umuziki ‘utari mu murongo w’iyi miziki dukora’.

Mu buryo bw’amajwi iyi ndirimbo ‘Kalinga’ yakozwe na Producer Li John uri mu bagezweho naho amashusho yakozwe na Producer Fayzo.


Nyuma y'imyaka ibiri, Diplomate yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Kalinga”

Diplomate yavuze ko muri uyu mwaka yahinduye imikorere kandi ko atazicisha irungu abafana be n’abakunzi b’umuziki


 

Diplomate aririmba agaragaza ko n’ubwo abazungu baciye ingoma Kalinga bakimika Repubulika byarushijeho kuzamba

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KALINGA’ YA DIPLOMATE









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Aimable 2 years ago
    Umuhanzi ni uyu abandi ni abaririmbyi. Setu
  • Niyonkuru2 years ago
    Diplomate turakwishimiye. imyaka myinshi .





Inyarwanda BACKGROUND