RFL
Kigali

Drake yikuye mu bihembo bya Grammy Awards 2022

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:7/12/2021 11:02
0


Nyuma y’uko Drake ashyizwe ku rutonde rw’abahatanira Grammy Awards byari biteganijwe ko bizatangwa mu ntangiriro z’umwaka utaha, uyu muraperi n’itsinda rye basabye abategura ibi bihembo ko yakurwa ku rutonde rw’abahatanira ibihembo. Ibi bibaye nyuma y’uko amatora yo kureba abazegukana ibi bihembo yari ageze mu cyiciro cya nyuma.



Drake yari ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya Grammy Awards mu byiciro bibiri, harimo icyiciro cya Best Rap Performance ku bw’indirimbo ye yise “Way 2 Sexy” yafatanyije n’abaraperi babiri aribo: Young Thug na Future. Uyu muraperi kandi yari ari guhatana mu cyiciro cya Alubumu nziza y’injyana ya rap kubw’Alubumu ye yise “Certified Lover Boy.”

Uyu muraperi yikuye muri ibi bihembo byari kuzatangwa kuwa 31 Mutarama umwaka utaha 2022 ndetse n’amatora y’abazegukana ibihembo yari ageze mu cyiciro cya nyuma. Nyuma y’uko Drake atanze ubusabe bwe ko yakurwa ku rutonde rw’abahatanira ibihembo, Recording Academy itegura ibi bihembo yubashye icyifuzo cye maze ahita akurwa mu byiciro bibiri yari ahatanyemo.

Ntabwo hamenyekanye impamvu yatumye uyu muraperi wegukanye ibi bihembo inshuro enye yafashe icyemezo cyo gusezera muri ibi bihembo, ari itsinda rye rimufasha mu muziki ndetse na Recording Academy itegura ibi bihembo ntacyo bigeze batangaza.

Ibi kandi bibaye nyuma y’uko umwaka ushize uyu muraperi yumvikanye anenga cyane abategura ibi bihembo, nyuma y’uko birengagije ibikorwa by’umuhanzi The Weeknd bakomoka mu gihugu kimwe cya Canada.

Drake kandi nabwo yigeze kwanga gutanga Mixtape ye yise “More Life” ngo ishyirwe ku rutonde rw’ibihembo bya Grammy Awards mu 2018, aho mu mpamvu yatangaga ni uko Recording Academy itegura ibi bihembo imwibuka nk’umuhanzi uririmba Rap kandi indirimbo ze zamenyekanye ziri mu njyana ya Pop.



Drake ntiyatangaje icyatumye yikura mu bihembo bya Grammy Awards

Mu cyiciro cya Best Rap Performance, indirimbo ya Drake “Way 2 Sexy” yari ihatanye na “Family Ties”-Baby Keem afatanyije na Kendrick Lamar, “Up” -Cardi B, “MY LIFE”-J.Cole Ft 21 Savage & Morray ndetse na “Thot S***”- Megan Thee Stallion.

Mu cyiciro cya Alubumu nziza ya Rap (Best Rap Album), “Certified Lover Boy” yari ihatanye na “The Off-Season” ya J. Cole, “King’s Disease II” ya Nas, “Call Me If You Get Lost” ya Tyler, The Creator hakaza na “Donda” y’umuraperi Kanye West (Ye).

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND