Igitaramo Koffi Olomidé yari gukora avuye i Kigali cyasubitswe

Imyidagaduro - 04/12/2021 5:52 PM
Share:

Umwanditsi:

Igitaramo Koffi Olomidé yari gukora avuye i Kigali cyasubitswe

Kompanyi isanzwe itegura ibitaramo mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gusubika igitaramo yari yatumiyemo umuririmbyi w’umunya-Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Koffi Olomide.

Koffi Olomie ari mu Rwanda kuva ku wa Kane, aho yiteguye gutaramira abafana be n’abakunzi b’umuziki mu ijoro ry’uyu wa 4 Ukuboza 2021, mu gitaramo kibera muri Kigali Arena.

Mbere yo kugera i Kigali [Yari i Gisenyi] yifashe amashusho na telefoni ye, avuga ko yishimiye kongera kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka igera kuri ine. Avuga ko u Rwanda ari rwiza, ashima ubuyobozi bwakoze byinshi mu kubaka iki gihugu.

Uyu muhanzi w’imyaka 65, yavugaga ko afite amashyushyu yo gutaramira abanya-Kigali. Ni mu gihe hari amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga y’abaturage muri RDC binjira ku mupaka bavuga ko biteguye kwitabira iki gitaramo.

Ku mugoroba w’uyu wa Gatanu, uyu muhanzi yakiriwe muri Ubumwe Grande Hotel ahabwa indabo. Nyuma, mu masaha y’ijoro yagiye ku ruganda rwa SKOL, aho yatunguye abakunzi be bari bahasohokeye.

Koffi yagombaga kuririmbira i Kigali ahita akomereza i Nairobi aho yatumiwe mu gitaramo cyiswe “Legend Koffi Olomide Tour " cyari kubera ahitwa Waterfront Mall Karen.

Iki gitaramo cyari ku wa 11 Ukuboza 2021, aho kwinjira bya amashilingi 10, 000 mu myanya isanzwe n’amashilingi 3, 500 muri VVIP.

Kuri uyu wa Gatandatu, iyi kompanyi yasohoye itangazo ivuga ko yahisemo gusubika iki gitaramo yari yatumiyemo Koffi kubera ibibazo byinshi bitandukanye bahuye nabyo.

Bavuze ko bashyize imbere kwakira no gufata neza abafatanyabikorwa babo, abahanzi, by’umwihariko abakunzi b’umuziki muri Kenya. Kandi ko baharanira gutanga ibintu bifite ireme, nk’imwe mu ntego bimirije imbere mu bikorwa byabo.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko bashingiye kuri ibi byose bakomwe mu nkokora na bimwe byatumye “Tutakibashije gukora igitaramo cya Koffi Olomide.

Nyuma yo gusohora iri tangazo, bamwe bari bamaze kugura amatike bagaragaje agahinda gakomeye, basaba ko basubizwa amafaranga yabo. Iyi kompanyi yavuze ko yiteguye gusubiza amafaranga buri wese wari wamaze kugura amatike.

Iki ni kimwe mu bitaramo, Koffi Olomide yagombaga gukora mu mpera z’uyu mwaka yinjiza abantu mu minsi mikuru ya Nohel n’Ubunani.

Abanya-Kenya muri izi mpera z’uyu mwaka bazataramirwa n’abahanzi barimo Umwongereza NSG, Charly Black, Konshens wo muri Jamaica, Harmonize, Mbosso n’abandi.

Iki gitaramo cya Koffi gisubitswe mu gihe bamwe mu banya-Kenya bamaze iminsi bagaragaza umujinya baterwa n’abahanzi bo mu muhanga bataramira muri iki gihugu bagahabwa umurengera w’amafaranga, abahanzi babo babogoza.

Umwe muri aba uri ku ruhembe ni umunyarwenya Eric Omondi, wavuze ko uruganda rw’umuziki wa Afurika rucumbagira. Ko iki ari igihe cy’uko rwiyubaka.

Hari hashize igihe gito nabwo Koffi agerageje kuririmbira muri Kenya, ariko birasubikwa bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Uyu muhanzi aracyahanganye no kongera kubaka isura ye imbere y’abafana be muri Kenya. Ni nyuma y’uko mu 2016 aciye ibintu ubwo yakubitaga umugeri umubyinnyi we bari ku kibuga cy’indege.

Icyo gihe, Guverinoma ya Kenya yahise isaba ko ava mu gihugu igitaraganya.

Ubwo yemezaga ko azataramira muri Kenya tariki 11 Ukuboza 2021 [Igitaramo cyasubitswe], Koffi yavuze ko yishimiye kongera kugaruka mu Kenya, asaba imbabazi ku bw’ibyo yakoze ari muri Kenya. Yavuze ko azirikana neza ko ibyo yakoze byababaje benshi. Ati “Nsabye imbabazi."

Igitaramo Koffi Olomide yagombaga gukorera muri Kenya cyasubitswe, abaguze amatike bemererwa gusubizwa amafaranga


Igitaramo Koffi agiye gukorera i Kigali cyagezwe amajanja n’abavuga ko baharanira uburenganzira bw’abagore, kubera ibyaha akurikiranyweho


 

Kompanyi yari yatumiye Koffi yavuze ko yashegeshwe n’ibibazo byatumye ishyira akadomo ku gitaramo cye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...