Amadou Haidara ukinira ikipe ya RB Leipzig niwe mukinnyi ushobora kwinjira mu Manchester United bwa mbere nyuma yo gusinyisha umutoza Rangnick.
Rangnick
uherutse kugirwa umutoza w’agateganyo ndetse akazaba anashinzwe ahazaza w’umupira
w’amaguru muri Manchester United, yatangiye kurambagiza abakinnyi ashobora
kuzatangirana ikiragano gishya, harimo n'abo yari yaratojeho. Amadou Haidara ni
umwe mu bakinnyi uyu mutoza ashobora gusinyisha muri uku kwa mbere amakuye muri
RB Leipzig yo mu Budage. Amadou Haidara w’imyaka 23 afite ubushobozi bwo gukina
mu kibuga hagati agana imbere.
Uyu
musore ukomoka muri Mali, Rangnick yamusinyishije mu 2019 ndetse akaba ari umwe
mu bakinnyi azi neza kandi yemeza ko bazamufasha kubaka umukino usatira muri
Manchester United nka kimwe mu byo bamuzaniye.
Ku
ruhande rwa Manchester United nabo babona ko Haidara ari we mahitamo meza dore ko
afite n’agaciro ka miliyoni 40 z’amadorari, mu gihe Declan Rice bari basanzwe
bashaka akubye hafi kabiri uyu musore. Rangnick avuga ko uyu musore ashobora
gukina imyanya yose Paul Pogba, Donny van de Beek, Scott McTominay, Fred na
Bruno Fernandes bakina.
TANGA IGITECYEREZO