RFL
Kigali

Ubuzima bwa Isaac Rabine wakoze indirimbo yubakiye ku isengesho rya Dawe uri mu Ijuru-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/11/2021 20:21
2


Umuhanzi Isaac Rabine ubarizwa mu Bubiligi arakataje mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana, aho yasohoye indirimbo nshya yise "Ubwami bwawe buze" yubakiye ku isengesho rya Dawe uri mu Ijuru.



Isaac ni umukristo w'umuvugabutumwa mu ndirimbo w'umuhanzi ku giti cye wubatse ufite n'umwana umwe w'umuhungu akaba avuka mu muryango w'abana 10 akaba uwa 9. Hirya ya korali akaba ahanga indirimbo ziramya kandi zigahimbaza Imana.

Ni umwanditsi w'indirimbo z'Imana zigiye zitandukanye. Yaba ize bwite n'iza korali zigiye zitandukanye harimo n'iyitwa Hoziana yaririmbyemo imyaka irenga 10 irenga.

Muri iki gihe, uyu muhanzi abarizwa mu Bubiligi, aho asengera mu itorero rya Bethlehem. Muri iki gihe yigisha indirimbo muri korali ya ADEPR Namur izwi mu ndirimbo ‘Mu bwihisho’, ari nawe wayanditse.

Uyu muhanzi yatangiye umuziki kuva mu bwana bwe, kuko yakuriye mu muryango ukijijwe wubaha kandi ukorera Imana afite nk'imyaka yaririmbaga muri école de Dimanche muri ADEPR

Muri 2006 nibwo yaje kujya muri Hoziana ADEPR Nyarugenge aza no kubarizwa mubatoza b'amajwi akuriye ijwi rya mbere ry'abagabo.

Yanyuze mu itsinda ryitwaga ‘The Worshipers’ ari no mu baritangije ryakoreye Imana mu Rwanda riririmbaga rikoresheje amajwi yabo gusa Accapellla.

Kuri ubu, akaba afite indirimbo nyinshi yagiye ahimba ariko zimwe akaba yaragiye azishyira hanze. Hari iziri kuri shene ya Youtube yitwa Isaac Rabine Official harimo nk'imwe yakunzwe yitwa ‘Izabisohoza’, ‘Messiah’, ‘Gusenga’ n’izindi.

Yabwiye INYARWANDA ko afite intumbero yo gukora cyane harimo gusohora indirimbo zuje ubutumwa bwiza buhembura ubwoko bw'Imana no kuzashyira hanze Album ye ya kabiri ndetse no gukora ibitaramo bitandukanye mu Burayi, aho atuye n'ahandi Imana izamushoboza

Iyi ndirimbo yashyize hanze ikaba yitwa ‘Ubwami bwawe buze’ ikaba ikomoka ku magambo ari muri Bibiliya aho Yesu yabwiye abigishwa be abigisha uko bazajya basenga bimwe mu byo yababwiye agirati “Ubwami bwawe buze, ibyo ushaka bibeho mu isi nk'uko biba mu ijuru. (Matayo 6:10).”

Uyu muhanzi avuga ko icyo yashakaga kubwira abazumva iyi ndirimbo bose ari uko bakwiriye gukomeza kwinginga Imana ngo ubwami bwayo buze mu mitima ‘yacu twese nk'abatuye iy'isi ndetse n'ubushake bwayo bube nk'uko ibishaka’.

Akomeza ati “Niyo ubwo bushake bwaba butadushimishije cyangwa niyo bwaba bugoye tuge tuyihanga amaso gusa yikorere kandi.”

Muri iyi ndirimbo, uyu muhanzi anavuga yinginga Imana ko ayicyeneye cyane kandi ayinyotewe cyane ngo abe ariyo iganza muri byose.

Kandi ko atayihimbye nk'indirimbo gusa ahubwo umwuka w'Imana yayimuhaye nk'isengesho umuntu wese wakwifuza ubusabane n'Imana yasengeramo agahembuka.

Uyu muhanzi avuga ko zimwe mu mbogamizi ziba mu murimo w’Imana yabonye ari uko satani arwanya yivuye inyuma umurimo w'Imana n'abakozi b'Imana cyane kurenza uko byakumvikana abicishije mu nzira ze zose agamije ko uwo murimo utakomeza wahagarara burundu.

Avuga ko ashima Imana kuko ikomeza kugenda igirira neza abakomeza kuyiyambaza mu byo bakora byose mu murimo wayo.

Ati “Bitwara n'imbaraga z'amafaranga kandi nta handi ari buhite ava nk'inyungu cyangwa kuyasubizwa uwo mwanya ariko kuko aba ari umuhamagaro ntiducika intege turakomeza Imana ikadushyigikirira mu murimo wayo ubundi no gutenguhwa n’abazitunganya.”

Mu buryo bw’amajwi, iyi ndirimbo yakozwe na Didier Touch n’aho amashusho yakozwe na IMC Patrick. Aba ba Producer bose bakorera mu Bubiligi.

Isaac Rabine yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise 'Ubwami bwawe buze'

Isaac ubarizwa mu Bubiligi yavuze ko ashaka gukora umuziki uhamagarira abantu gushaka ubwami bw’Imana


Isaac yavuze ko ashaka gutegura ibitaramo mu Bubuligi aho abarizwa n’ahandi
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UBWAMI BWAWE BUZE’ YA ISAAC RABINE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ange Mugeni2 years ago
    Komeza umurimo w'Imana mwana wacu, watubereye umugisha I Nyarugenge Kandi umuhate wawe si uwubusa ku Mwami Imana. Turagukunda Kandi tugusengera uko bwije nuko bukeye ngo ukomeze kubwira abatuye isi gukomera n'imirimo myiza ya Yesu Kristu.
  • Jdd2 years ago
    Imana ikomeze igushyigikire mukozi w'Imana Isaac Rabine. Turagukunda cyane kdi ibihangano byawe biratwuka.





Inyarwanda BACKGROUND