RFL
Kigali

Abashakanye: Ibyiza byo gutera akabariro mu gitondo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:24/11/2021 17:33
0


Gutera akabariro mu gitondo ku bantu bashakanye ni byiza cyane nk'uko byemejwe n'ubushakashatsi bwakorewe ahantu hatandukanye harimo na Kaminuza ya Harvard.



Abantu benshi barahuga, yewe bamwe bakanakererwa akazi k'umunsi kubera icyayi cya mu gitondo, ariko ni bacye mu bashakanye bazi ko gutera akabariro mu gitondo nabyo ari ingenzi ndetse bikwiriye gutuma akazi kaba keza. Ntabwo benshi bakerezwa nayo ariko abamenye akamaro kayo mu gitondo, bakerezwa nayo rwose. Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku byiza byo gutera akabariro mu gitondo nk'uko tubikesha ikinyamakuru Opera.com.

1.Umubiri wawe uba witeguye akazi k’uwo munsi:

Imibonano mpuzabitsina ya mu gitondo ituma umubiri wawe n'uwo mwashakanye, witegura akazi, ukaba umeze neza ku buryo wirirwana imbaraga nyinshi cyane nk’uko bigaragazwa n’ushakashatsi bwakozwe mu 2013.

2.Umugabo wawe bimufasha gutera akabariro igihe kinini ugereranyije n’icyo yari asanzwe akora:

Iyo bigeze ku misemburo, akabariro ka mu gitondo gafasha abagabo kumara igihe mu gikorwa ugereranyije n’uko bari basanzwe. Ubushake ndetse no kumara igihe biriyongera ku bagabo nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwizewe bwakozwe muri 2007.

3.Bibongerera urukundo mwembi:

Gukora imibonano mpuzabitsina mu gitondo hamwe n’uwo mwashakanye bituma urukundo rwanyu rwikuba, mukirirwa neza cyane. Umusemburo uba mu bwonko witwa Oxytocin urakora cyane bigatuma iyo mibonano itanga umusaruro mwiza hagati yanyu mwembi.

4.Bigabanya umuhangayiko n’umunaniro:

Imibonano mpuzabitsina ya mu gitondo, ituma guhangayika mwari mufite hagati yanyu gushiraho burundu.

5.Ni imyitozo muba mukora

Gukora imibonano mpuzabitsina mu gitondo ni nko gukora imyitozo ngororamubiri mu gitondo. Nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakorewe muri Kaminuza ya Harvard, imibonano mpuzabitsina ya mu gitondo ifasha mu gukora Calories.

6.Bufasha mu bwonko:

Ese urashaka kongera ingano y’uko utekereza? Kora imibonano mpuzabitsina mu gitondo.

7.Bikongerera ubudahangarwa bw’umubiri wawe.

8.Bituma ugumana isura y’ubwana n’uruhu rwawe rugahorana itoto.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND