RFL
Kigali

Ange Betherne, amaraso mashya mu baramyi wiga ubuvuzi muri Kaminuza-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/10/2021 11:57
0


Abahanzi bakora umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana, bungutse umuhanzi mushya witwa Angelique Uwayezu [Ange Betherne] wiga ubuvuzi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.



Uyu muhanzikazi yinjiye mu muziki asohora amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise ‘Nyigisha’ y’inkuru mpamo ku buzima bwe, igihe yari afite umubabaro.

Uyu mukobwa wavutse tariki 19 Werurwe 2000, asengera mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, akaba asanzwe ari umunyeshuri wiga ubuvuzi muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa gatatu.

Yibuka ko yamenye ubwenge aririmba kandi akurira muri korali zitandukanye harimo izo ku ishuri n’aho yize hose ku ishuri ndetse no mu rusengero.

Kuva icyo gihe abamwumvaga bamubwiraga ko afite impano. Muri we ariko yumvaga kuririmba muri korali bihagije, ariko yakwifata amashusho aririmba asubiramo indirimbo z’abandi bahanzi, abamukurikira bakamubwira ko bibaye byiza yakora umuziki nk’umuhanzi wigenga.

Yabwiye INYARWANDA ko abantu bamubwiraga ibyo, afite indirimbo yanditse mu makayi. Ati “Gusa babimbwiraga n’ubundi indirimbo nzifite mu makayi no mu mutwe gusa nta nimwe irabasha kujya hanze ngo bayumve ku mugaragaro.”

Ange yavuze ko umwe mu bamukurikira yamubwiye ko ashaka kumutera inkunga agakora indirimbo ye ya mbere. Avuga ko ari ibintu byamushimishije kuko yari amaze igihe yifuza gukora umuziki ariko yarabuze aho kumenera.

Avuga ko kubera ko yari afite indirimbo yanditse yahisemo imwe aba ari yo ajyana muri studio atangira gukora umuziki, kuva ubwo. Ati “Kuko indirimbo nari nyifite rero mpita njya muri studio gutyo mba nkoze indirimbo yange yambere ninjira mu muziki gutyo.”   

Uyu mukobwa yavuze ko kwinjira mu muziki ari uko abikunze, kandi ko kuba ari umukobwa bitazamubuza kurotora inzozi ze. Ati “Nimba hari ikintu ushaka mu buzima nta mpamvu yo kwitinya kubera uwo uri we. Nimba ubishaka kandi ubikunze koko ntakabuza uzabiboneramo umugisha.”

Avuga hari imbogamizi yatangiye guhuza nazo ku ndirimbo ye ya mbere, ariko ‘ninshyigikirije Imana yampamagaye, nizeye ko byose nzabinyuramoa amahoro’.

Uyu mukobwa yavuze ko indirimbo ye ya mbere yise ‘Nyigisha’ ari inkuru mpamo ku buzima bwe, yifuje gusangiza abazayumva bose.

Iyi ndirimbo ariko anavuga ko ari isengesho yasenze ubwo yari mu bihe by’agahinda. Ati “Ni indirimbo ariko nanone ni isengesho njye ubwange nasenze igihe narindi mu bihe bitanyoroheye by’agahinda.”

“Igihe nari ndi gusenga Imana ngo imfashe inkize uwo mubabaro nari mfite ako kanya nahise nanone ntekereza nibuka ko igihe nkiri mu Isi bidashoboka ko ibimbabaza birangira burundu.”

“Mpera ko mpindura isengesho noneho mbwira Imana inyigishe kubara iminsi yange uburyo butuma ntunga umutima w'ubwenge kandi inyeze kugira ngo uko byamera kose nzatahe ijuru aho nzakira agahinda byiteka ryose atari iby’ako kanya gusa.”

Yavuze ko atari we gusa wageze aho yicwa n’agahinda, kuko hari n’abandi banyura mu bikomeye bashobora kumva iyi ndirimbo ikabakora ku mutima.

Uyu mukobwa yavuze ko kimwe mu biri kumugora muri iki gihe, ariko uko adafite abantu bamufasha mu muziki, kuko ashaka gukora byinshi mu muziki ariko agakomwa mu nkokora n’ubushobozi.

Ati “Hagize uwifuza ko twakorana rwose ahawe ikaze ndumva nshaka gukora cyane ariko kubera nta ‘management’ bikangora, rero ibonetse byamfasha kurushaho.”

Ange avuga ko mu myaka itanu ashaka ko umuziki we uzaba umaze kuba mpuzamahanga uri ku rwego rwa Afurika, gusa intego ye nyamukuru ni uko ugera ku Isi yose kuko ubutumwa Imana yampuhaye burareba Isi yose hatavuyemo n’umwe.

Ange yavuze ko yinjiranye imbaraga mu muziki kugira ngo umurimo w’Imana utadindira

Umuhanzi Ange yinjiye mu muziki asohora amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise ‘Nyigisha’ 

Ange yavuze ko ashaka gukora umuziki, ubwami bw’Imana bukamenyekana ku Isi, asaba abantu kumushyigikira 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NYIGISHA' YA ANGE BETHERNE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND