Myugariro wa Barcelona Gerard Pique yatangaje ko azahagarika umupira w'amaguru akinira Barcelona ariko atazemera kuba umukinnyi w'umusimbura.
Gerard
Pique ni umwe mu bakinnyi basigaye muri Barcelona bamaze gukina imikino myinshi
ya El Clasico nyuma y'aho Lionel Messi agendeye.
Mu kiganiro
yagiranye n'ikinyamakuru El Pais Gerard Pique yatangaje ko afata nk'umuntu
ukuze ariko agifite imbaraga zo gukina. Yagize ati: "Ubu maze kuba
umukinnyi watsinze igitego mu mikino y'iburayi ku ruhande rwa Barcelona kandi
ni cyo nashakaga. Ntabwo natekerezaga ko naba umukinnyi utsinda ibitego ariko
biratangaje kuba arinjye myugariro ufite ibitego byinshi nyuma yo guca kuri
Roberto Carlos. Ntago numvako nshaje yego ndi kugana mu busaza, ndetse si
nkitanga imbara nkuko nabikoraga mbere. Ndabizi neza ko nzasazira muri
Barcelona gusa icyo ntazemera ni ugusezera ruhago ndi umusimbura."
Pique yanyuze muri Barcewlona biranga
Gerard Pique avuga ko impamvu yatuma asimbura ari imwe gusa. Ati: "Reka mvugushe
ukuri ikintu nakemera ni kimwe gusa wenda habura amezi atatu ngo shampiyona
irangire bikaba ngombwa ko nicara ku ntebe y'abasimbura ibyo nabyemera, gusa
sinakemera ko shampiyona itangira ndi umusimbura. Ntago nkifite imbaraga nka
mbere ariko nanone mfite ubushobozi bwo guhangana na ba myugariro bariho
ubu."
Pique ni umwe mu bakinnyi bamaze igihe muri Barcelona
Gerard Pique kuri ubu afite imyaka 34 y'amavuko, akaba yarageze muri Barcelona mu 2008
avuye muri Manchester United nayo yari yamutije muri Real Zaragoza. pique amaze
gukinira Barcelona imikino 372 ayitsindira ibitego 29.
TANGA IGITECYEREZO