RFL
Kigali

As Kigali: Indoto n'ibyifuzo byayo bisigaye muri Congo

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:24/10/2021 22:24
0


As Kigali yari ifite indoto zo kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup, ikipe ya Daring Club Motema Pembe irabitokoje ku bitego 4-2 mu mikino ibiri.



Nyuma y’aho ikipe ya APR FC isezerewe mu mikino ya CAF Champions League na Etoile du Sahel, kuri uyu munsi indi kipe yo mu Rwanda yamanukaga mu kibuga ishaka kureba niba yagera mu matsinda ya CAF Confederation Cup. As Kigali yari imaze iminsi muri Congo, uyu munsi yagombaga kwerekana niba intego ifite, amafaranga itanga biri buhure n'umusaruro wo mu kibuga gusa ntibyayihiriye.


Abakinnyi As Kigali yabanje mu kibuga 

Wari Umukino As Kigali igiye gukina yaratsinzwe umukino ubanza wari warabereye mu Rwanda ibitego 2 kuri 1, nayo yashakaga nibura gutsinda ikinyuranyo cy'ibitego 2 ikareba ko yakerekeza mu kindi kiciro.


Nk’uko byagenze hano i Kigali, Daring Club Motema Pembe niyo yabanje Igitego ku munota wa 32, ibintu bitangira kuba bibi ku banyamujyi. Igice cya mbere cyenda kurangira, As Kigali yaje kubona igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Kwizera Pierrot ku munota wa 45+2, nibura As Kigali ijya kuruhuka yizeye ko byose bigishoboka.

Igice cya kabiri, As Kigali niyo yasabwaga gushaka  igitego cyatuma ijya muri Penariti ariko ku munota wa 49 gusa, Daring Club Motema Pembe yahise itsinda igitego cya 2, imbaraga n'umuhate bya As Kigali bitokorwa ubwo.


As Kigali isezerewe Niyonzima Olivier atayibiriye icyuya muri iyi mikino

Umukino warinze urangira As Kigali ishaka igitego cyo kwishyura, gusa inama n'ibiganiro bari bagiranye na Jimmy Gatete ntibyari bihagije ko iyi kipe ikomeza mu kindi kiciro.

As Kigali igarukiye mu kiciro kibanziriza icyo yaharukiyemo umwaka ushize, dore ko igihe nk'iki basezereye ikipe ya KCCA yo muri Uganda.


As Kigali isezerewe umukinnyi wayo Lamine Moro atayikiniye

Usibye APR FC izakomereza muri Confederation Cup, As Kigali yo igomba kuza igatangira gunganira igikombe cya Shampiyona na Etoile de L'est, ndetse igashaka uko yazongera guhagararira u Rwanda mu mwaka utaha.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND