RFL
Kigali

RIB yataye muri yombi kapiteni w’ikipe y’igihugu Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda 2018

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:22/10/2021 10:13
0


Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’ rwataye muri yombi Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu mu mukino wo gusiganwa ku magare, Mugisha Samuel, ukurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake.



Mugisha Samuel w’imyaka 23 y’amavuko usanzwe akinira ikipe ya La Roche-sur-Yon Vendée Cyclisme yo mu Bufaransa, yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Ukwakira 2021, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku buryo bubabaje umumotari witwa Sangwa Olivier w’imyaka 29.

Uyu mukinnyi uri mu biruhuko mu Rwanda nyuma yo gusoza shampiyona na mugenzi we Muyoboke Ezechiel w’imyaka 28, bakurikiranyweho gukubita umumotari mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, bikaba byarabereye mu Murenge wa Gisozi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira Thierry, yemeje ko Mugisha Samuel na mugenzi we batawe muri yombi ndetse iperereza rikaba rikomeje.

Yagize ati “Yego, Mugisha Samuel na Muyoboke Ezechiel bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, aho mu ijoro ryacyeye bakubise Sangwa Olivier usanzwe akora akazi ku gutwara abagenzi kuri moto bishingiye ku makimbirane y’amafaranga y’urugendo batabashije kumvikana’.’

“Iperereza rirakomeje mu gihe dosiye yabo iri gukorwa kugira ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha’’.

Mugisha Samuel na Muyoboke Ezechiel kuri ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisozi mu gihe uwahohotewe ari kwitabwaho mu bitaro bya Kacyiru.

Dr Murangira yibukije ko abantu badakwiye kwihanira kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Yagize ati “RIB irasaba abantu bose kugira ubworoherane birinda ikintu cyose cyabakururira mu makimbirane abyara ibyaha nk’ibi byo gukubita no gukomerertsanya kuko ingaruka zabyo ziremereye. Abo binaniye bitabaze inzego za Leta’’.

Mugisha na Muyoboke baramutse bahamwe n’icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake bahanishwa ingingo ya 121 iteganya igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw.

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda 2018, ubu akinira Team LMP -la roche sur yon yo mu Bufaransa kuva mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2020.

Mugisha Samuel yatawe muri yombi azira gukubita no gukomeretsa kubushake





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND