Mustapha Nsengiyumva uheruka kwirukanwa na Kiyovu Sport, amaze gusinya amasezerano y'imyaka ibiri muri Gasogi United.
Mu gihe habura amasaha macye ngo isoko ry’igura n'igurisha rirangire, umukinnyi w'imbere wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sport, Nsengiyumva Mustapha, yerekeje muri Gasogi United mu gihe cy'imyaka ibiri iri imbere.
Mustapha Nsengiyumva wa nyuma mu makipe akomeye nka APR FC, na Police FC, ni umwe mu bakinnyi bitwaye neze muri Kiyovu Sport umwaka ushize, n'ubwo yinjiraga mu kibuga asimbuye.
Mustapha Nsengiyumva yanyuze muri APR FC
Nsengiyumva yari yatangiye ibiganiro n'ikipe ya Etoile de L'est gusa bitagize icyo bitanga kuko Gasogi United yahise ibyitambikamo.
TANGA IGITECYEREZO