RFL
Kigali

Dore ibibazo 12 ukwiriye kubaza umuntu mwatandukanye ! Igira ku nkuru y’urukundo rwa Linda

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:15/10/2021 0:26
0


Inkuru ya Crystal Crowder yanyuze ku kinyamakuru cyitwa bolde.com, yagaragaje ibibazo 14 wabaza umuntu mwatandukanye. Ibi bibazo 12, Linda ntabwo yabibajije uwo bakundanye ariko yumvaga ari ibibazo afitiye inyota. Ibi wanabibazo uwo muri kumwe ukamenya niba koko umubaniye neza, bikagufasha gukuza umubano wanyu.



Linda wakoreshejwe muri iyi nkuru, yatangiye asobanura uburyo yahuye n’uwo bakundanye bagatandukana akishinja amakosa, kuburyo n’ubu yicara agakora urutonde rw’ibibazo yumva yarikuba yarabajije uwo bakundanye cyangwa yamubaza aramutse yongeye guhura nawe. Linda yaravuze ngo

“Urukundo rwanjye nararubonye, ndubona nkiri uwo kwikunda ndi mu myaka y’ubwangavu. Uru rukundo rwanjye ntabwo narwitayeho na gato, gusa ubu ndicara nkavuga ngo: Iyo nza kuba narabajije ibi bibazo mbere nkumva uko byari byifashe.”

“Rwari urukundo rwa mbere ariko rwarambabaje cyane, rwansigiye imvune kuko uwo twakundanaga yakinishije umutima wanjye kandi njye ntabwo nizigamaga muri icyo gihe. Kwibaza ibi bibazo ntabwo ari uko nshaka ko agaruka, Oya! Ahubwo ni uko abantu benshi iyo babwiwe ko bakundwa bishuka, bagatekereza ko bagiye kubona ubwoko bw’inkundo basomye mu bitabo cyangwa barebye mu ma filime, nyamara bihabanye cyane. Nawe wakoresha ibi bibazo mbere y’igihe ejo utazavuga ngo iyo menya.

DORE IBIBAZO NARI BUBE NARAMUBAJIJE

1.      Ese uracyantekereza ?

2.      Ese ni iki cyatumye unkunda?

3.      Ese Ni iki wakunze kuri njye? Kuki wankunze?

4.      Ese wankunze ukimbona cyangwa ni ibyo nagukoreye byatumye unkunda?

5.      Ese hari ingaruka nziza nazanye mu buzima bwawe?

Kuri iyi ngingo ya 5, uyu mwari yaragize ati: “Kumukunda byambereye inzozi ntazibagirwa mu buzima. Kumukunda byari byarampinduriye ubuzima n’ubwo byari nko kwiyahura, ntabwo byansigiye umunezero kuko atarahagije kuri njye. Iyo nza kumubaza niba nari ingenzi kuri we, byari butume menya neza ko mukwiriye cyangwa niba naragombaga kumureka.

6.      Ese urukundo rwacu hari isomo rwadusigiye?

Mu rukundo rwacu nigiyemo ko burya nta rukundo rubaho, kuko ntasomo rizima nigeze mboneramo. Ahari naribeshyaga, nzi neza ko ruhari ni uko ntarwo nabonaga icyo gihe.

7.      Ese narakubabaje?

Iteka nabonaga usa n’aho ntacyo bigutwaye kandi mbona byabaye bibi ku ruhande rwacu. Ntabwo nigeze mbikubaza, ariko nzi neza ko n’iyo mbikubaza ntacyo wari bunsubize.

8.      Ese ubundi hari icyo urukundo rwacu rushingiyeho?

9.      Ese koko warankundaga?

10.  Ese nyuma yo kumbura byasabye imbaraga kunyibagirwa?

11.  Ni iki nagukoreye gitandukanye wumva wishimira?

12.  Ese ubwo uba wumva wasaba imbabazi?

Inkomoko: Bolde.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND