RFL
Kigali

Nzanywe no gutsinda ibitego, Rayon Sports nari nsanzwe nyizi papa yarayimbwiye – Rutahizamu Chrismar

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:14/10/2021 13:55
0


Rutahizamu w’umunya-Brazil, Chrismar Malta Soares uje gukora igeragezwa muri Rayon Sports, yageze i Kigali avuga ko azanywe no gutsinda ibitego kandi ikipe ajemo yayibwiwe na Se, ndetse akaba ayifiteho amakuru ahagije.



Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira 2021, ni bwo Chrismar yasesekaye mu Rwanda avuye i Sao Paulo muri Brazil, ahishura intego zimuzanye muri Rayon Sports yabwiwe na Se ko ari ikipe y’Abafana.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22, akigera mu Rwanda yatangaje ko ashaka kuyihesha ibikombe ndetse ko azanywe no kuyobora abatsinda ibitego byinshi mu Rwanda. Christmar yahishuye ko iyi kipe yari asanzwe ayifiteho amakuru menshi ndetse ko yumvise papa we ayiziho byinshi.

Yagize ati "Umpagarariye (manager) yabanje kuyimbwiraho bihagije, naje no kumenya ko papa yari ayiziho yagiye ayisomaho byinshi amaze kumenya ko inshaka, ikindi ni uko ari ikipe nziza isanzwe ikinisha abanya-Brazil ndetse hari n’umutoza wayitoje, umukinnyi wayikiniye twaravuganye ambwira ko ari ikipe nziza y’abafana".

"Intego ni ukubafasha gutwara ibikombe birumvikana no kuba mu b’imbere nkatsinda ibitego byinshi". Uyu mukinnyi yahise ajya mu kato, aho ategereje ibisubizo bya COVID-19 akabona gutangira imyitozo.

Chrismar ntabwo ariwe munya-Brazil wa mbere ugiye gukinira iyi kipe, kuko no muri 2018 yari ifite Jonathan Rafael Da Silva, mu gihe yatozwaga na Robertinho nawe ukomoka muri Brazil.

Rutahizamu Chrismar Soares yatangaje ko azanywe mu Rwanda no gutsindira ibitego byinshi Rayon Sports

Chrismar yavuze ko Rayon Sports yayibwiwe na Se, ayifiteho amakuru menshi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND