RFL
Kigali

Abakoresha imbuga nkoranyambaga basabwe kutaba umuyoboro w'abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/10/2021 8:36
0


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwasabye Abaturarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda kuba umuyoboro w’abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, kuko uzafatirwa muri ibi bikorwa azabihanirwa nk’uko amategeko abiteganya.



Ni nyuma y’uko, uru rwego ku bufatanye n’inzego z’umutekano bafashe ‘abantu batandatu barimo Nsengimana Theoneste, nyiri Umubavu Tv ikorera kuri murandasi, bakurikiranweho ibyaha byo gutangaza amakuru y’ibihuha agamije guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda.’

RIB yavuze ko ‘Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Remera na Kicukiro.’ Kandi ‘iperereza rirakomeje kugira ngo dosiye yabo iri gukorwa ishyikirizwe Ubushinjacyaha’.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwasabye ‘abaturarwanda bakoresha imbuga nkoranyambanga kwirinda kuba umuyoboro w'abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu’.

Ruvuga ko benshi mu bijandika muri ibi bikorwa bihishe mu mahanga, batangaza ibihuha, amagambo arimo imvugo zibiba urwango ‘zigamije gukurura amacakubiri mu banyarwanda no kwangisha rubanda ubutegetsi'.

RIB iti “Uzabifatirwamo uwo ariwe wese azakurikiranwa n’ubutabera nk’uko amategeko abiteganya.”

Imbuga nkoranyambaga zikomeje kubera bamwe umutwaro n’ubukire ku bandi. Zijyanye n’ikinyejana cya 21, aho muntu agendana ikoranabuhanga mu ntoki adashobora kumara iminota ibiri adakojeje urutoki muri telefoni iz’ubwenge (Smartphone) nk’ubwa muntu.

Zahaye ijambo umuturage w’i Bweyeye kugera ku muturanyi w’ibigo by’itumanaho. Hamwe n’imbaraga zidasanzwe, ushobora kuburara ariko ntiwabura ayo kugura internet ngo udasanga hari ibyavugiwe mu Isi y’umudugudu wibarujemo utamenye.

Imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Twitter, Youtube, Instagram n’izindi zinyuzwaho amakuru atandukanye, bisaba uzikoresha gushungura.

Mu kiganiro cy’Abanyarwanda baba mu mahanga cyari mu rwego rwo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, cyabereye kuri Televiziyo Rwanda, ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Dr. Vincent Biruta, yavuze ko itumanaho ryashoboje buri wese kugira ibyo atangaza ntawe ubanje kureba ‘niba bikwiye cyangwa byubahirije amategeko’.

Avuga ko imbuga nkoranyambaga zirimo na Youtube, abantu bazikoresha bavuga ibyo bashaka, bigateza ikibazo kuko nta mategeko ahamye abigenga, ashobora kwifashishwa mu kugenzura ibinyuzwaho.

Yavuze ko abashyira amafuti kuri Youtube ari nabo bagira umubare munini w’abafatabugizi [Subscribers] babakurikirana umunsi ku munsi.

Ati “…Kandi rero ikindi kibazo kizana nabyo muzarebe abashyira amafuti kuri za Youtube ni nabo bagira ababakurikirana benshi. Usanga aribo bakurikirana benshi. Byaba ari ibitutsi, byaba ari ibitavugwa mu ruhame…usanga aribo bakurura abantu benshi.”

Yavuze ko bazakorana n’inzego zitandukanye kugira ngo hashakishwe uko hajyaho amategeko agenderwaho n’imirongo migari mu guhana abakoresha nabi imbuga nkoranyambaga zirimo na Youtube.

Akomeza ati “…Ni ukuzakomeza gukorana n’abandi kugira ngo dushake uburyo hajyamo amategeko agenderwaho, imirongo ntarengwa, ibyemezo bishobora gufatirwa ababikoresha nabi, murabona no kuri za Twitter muri iki gihe bagenda bagerageza ngo uyu nguyu yarengereye bakamuhagarika igihe kingana iki, ariko ntabwo ari amategeko ariho azwi agenderwaho mu buryo mpuzamahanga.”     

Inkuru bifitanye isano: Minisitiri Vincent Biruta yasabye gushyiraho amategeko ku bakomeje gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga zirimo na Youtube '

Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu nzira mbi baburiwe







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND