RFL
Kigali

Platini P yasezeranijwe umutekano na Interpol muri Nigeria

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:13/10/2021 12:59
0


Nyuma yuko atangiye gukorera ibikorwa by’umuziki muri Nigeria, Platini P yasezeranijwe umutekano na polisi mpuzamahanga (Interpol) muri Nigeria anahabwa icyangombwa kizajya kimufasha muriwo no kwaka serivisi nta nkomyi.



Platini P uri muri Nigeria aho akomereje ibikorwa byo kamamaza umuziki we binyuze mu bitangazamakuru byo muri iki gihugu yatangaje ko yamaze kwemererwa umutekano wihariye na polisi mpuzamahanga muri Nigeria.

Anaboneraho guhumuriza uwo afata nk’umuvandimwe we akaba n’umwami wa Kina Music label abarizwamo banakorana umunsi k’uwundi amubwira ko ubu ntakibazo gihari ndetse umwambaro urinda amasasu utakiri ngombwa.

Abinyujije kuri Instagram Platini P yagize ati:” Umutekano bwa mbere ejo hashize nagize amahirwe adasanzwe yo guhabwa icyangombwa kivuye muri Interpol. Muvandimwe Clement Ishimwe umwambaro urinda amasasu ntukiri ngombwa (Bulletproof), igihembo kizaherecyezwa kuva Lagos kugera muri Kigali mu biganza byiza.”

Ubu Platini P ari muri Abuja nyuma yo kunyura mu bitangazamakuru bitandukanye bya Lagos biteganijwe ko azagaruka mu Rwanda mu mpera z'iki cyumweru akazasubira muri Nigeria mu mpera z'Ugushyingo.

Aho azaba yitabiriye ibihembo ari mu babihataniye bya AFRIMA ari kandi mubazaririmba mu itangwa ryabyo kandi nkuko ahora yumvikana akaba afite icyizere cyo kuzegukana icyiciro arimo nkuko kandi yongeye kubicamo amarenga abwira Clement Ishimwe.

Platini P yashyikirijwe icyangombwa na polisi mpuzamahanga (Interpol) kizajya kimufasha mu gihe ari muri Nigeria mu bikorwa by'umutekano no kwaka serivisi.


Umunyobozi Mukuru wa One Percent International ikomeje gufasha Platini P kwagura umuziki we muri Nigeria





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND