Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura shampiyona y’u Rwanda 2021/22 izatangira mu mpera z’uku kwezi, ishobora gusinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil witwa Christimar Malta Soares, wakiniraga ikipe ya Varginha EC yo muri Brazil mu rwego rwo gukomeza no kubaka ubusatirizi butajegajega.
Uyu
rutahizamu bivugwa ko afite imyaka 22 y’amavuko yamaze kurira indege aho aje mu
Rwanda kugeragezwa na Rayon Sports kugira ngo abatoza nibasanga yujuje ibisabwa
asinyire iyi kipe ishaka kongera gusohokera igihugu mu mikino Nyafurika ndetse
ikaba inyotewe igikombe cya shampiyona.
Chrismar
Malta Soares, uvuye muri Brazil, yakinaga mu ikipe ya Varginha EC, ibarizwa mu
cyiciro cya 3 muri Leta ya Mineiro; muri rusange iyi kipe ikaba ikina mu cyiciro
cya 7 muri Brazil.
Amakuru
agera ku Inyarwanda.com avuga ko uyu rutahizamu ategerejwe i Kigali mu ijoro ryo
kuri uyu wa Kabiri, aho aje kugeragezwa na Rayon Sports. Biravugwa ko uyu
mukinnyi yifuza ibihumbi 50 by’amadolari kugira ngo asinyire Rayon Sports.
Amafoto
yashyizwe hanze, yagaragaje uyu mukinnyi ari mu ndege imuzanye mu Rwanda muri
Rayon Sports.
Biravugwa
kandi ko umu-Agent wazaniye Rayon Sports rutahizamu Onana, ari nawe uzanye uyu
munya-Brazil kugira ngo aganire na Rayon Sports, yamaze gushima Onana ukomoka
muri Cameroun ndetse wanahawe amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe.
Rayon
Sports yatinze kujya ku isoko ry’abakinnyi iri gukora ibishoboka byose kugira
ngo yubake ikipe itajegajega, izaba ifite ubushobozi bwo kwegukana igikombe cya
shampiyona bagiye gukinira nkuko byatangajwe n’umutoza wayo mukuru Masudi
Djuma, aba bakinnyi biyongeraho intizanyo ebyiri z’abanya-Maroc batijwe n’ikipe
ya Raja Cassablanca.
Kugeza
magingo aya, Rayon Sports imaze gukina imikino itanu ya gicuti, batsinze
imikino itatu, harimo uwa AS Kigali, AS Muhanga na Musanze FC, banatsindwa indi
mikino ibiri harimo uwa Mukura VS ndetse n’uwa Gorilla FC.
Biteganyijwe
ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda izatangira tariki ya 30 Ukwakira
2021, nihatagira igihinduka.
Rutahizamu Soares ari mu nzira aza i Kigali kuvugana na Rayon Sports
Soares w'imyaka 22 ukomoka muri Brazil yitezwe muri Rayon Sports
Soares yakiniraga ikipe ya Virginha ES yo muri Brazil
TANGA IGITECYEREZO