RFL
Kigali

Alain Muku mu bagera hafi kuri 200 binjiye mu Rugaga rw’Abavoka - AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/10/2021 13:38
0


Umuhanzi Alain Bernard Mukuralinda uzwi nka Alain Muku, wahoze ari Umushinjacyaha ku Rwego rw'Igihugu n’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru yarahiriye kwinjira mu Rugaga rw’Abavoka.



Alain Muku ari mu bunganizi mu by’amategeko bagera hafi kuri 200, barahiye kuri uyu wa Kane tariki 7 Ukwakira 2021 mu muhango wabereye ku Rukiko Rukuru i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo kurahira, Alain Muku yabwiye INYARWANDA, ko yishimye kandi ko agiye gukora neza umurimo w’abavoka kuko afite ubumenyi yakuye mu Bushinjacyaha.

Ati “Uko niyumva, ndabyishimiye cyane cyane ko ari wo mwuga nigiye kandi nkaba ngiye kuwukora mfite akarusho navanye mu bushinjacyaha nizera ko ubwo bunararibonye mfite buzamfasha kwunganira abazangana.”

Alain Muku washinze inzu y’umuziki ifasha abahanzi mu bya muzika yise The Boss Papa, avuga ko “yiyemeje kwunganira no kugira inama abazamugana yubahiriza amategeko kandi inyungu zabo zigahora ari zo ziri imbere.”

Umuyobozi w'Urugaga rw'Abavoka mu Rwanda, Me Julien Kavaruganda, yabwiye INYARWANDA, ko hari hateganyijwe kurahira abanyamategeko 205, ariko ko hari barindwi basanzwemo Covid-19 mbere y’uko bakora umuhango wo kurahira.

Mu gitondo cy’uyu wa Kane, abavoka barahiye bose bagiye kuri Lemigo Hotel aho bapimwe icyorezo cya Covid-19 mbere y’uko berekeza ku Rukiko Rukuru i Nyamirambo.

Me Kavaruganda, avuga ko aba basanzwemo Covid-19 ‘bazashakirwa umwanya wabo’ n’abandi bashobora kuba batabonetse uyu munsi ‘kubera impamvu zitandukanye’.

Yakomeje avuga ko aba bunganizi mu mategeko barahiye uyu munsi guhora bihugura no gutanga serivisi nziza kandi yihuse kuri buri wese uzabagana ngo bamufashe.

Kavaruganda ati “Turasaba gukomeza kwihugura-kwakira neza ababagana, kubaha amabwiriza y’umwuga w’abavoka n’imyitwarire iranga umwavoka akoresha imvugo zikwiye mu rukundo no mu zindi nzego dukorana nazo. Akora ubushakashatsi kugira ngo atange serivisi kandi yihuse.”

Umuhanzi Alain Muku warahiye mu bavoka we n’umuryango we baherutse kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka itandatu bari bamaze babarizwa mu Buholandi no muri Côte d'Ivoire ku mpamvu z’akazi.

Alain Mukuralinda azwi k’umuhanzi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, yabaye igihe kirekire Umushinjacyaha n’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru. Azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Murekatete’, ‘Tsinda batsinde’, ‘Gloria’, ‘Musekeweya’ n’izindi.


Alain Mukuralinda yarahiye mu banyamategeko hafi 200, yiyemeza kwunganira no kugira inama abazamugana

Alain Muku yavuze ko ubumenyi yakuye mu Bushinjacyaha buzamuhereza muri iyi mirimo mishya atangiye 

Abavoka hafi 200 barahiye, biyemeza gutanga serivisi nziza no gutanga ubutabera




Umuyobozi w'Urugaga rw'Ababoka mu Rwanda, Me Julien Kavaruganda, yasabye Abavoka barahiye guharanira gutanga serivisi inoze, kandi bagahora bihugura








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND