Kumva ibintu nabi, ni ikibazo gikomeye cyane mu nkundo z’abantu b’iyi minsi. Rimwe na rimwe bishobora gukemurwa ariko akenshi abasore ntibabyitaho. Hari ubwo utuma uwo mukundana amera nk’uwihebye, nyamara ufite uko wamufasha.
Iyo ufitiye umuntu irari, umufata uko wiboneye hari n’ubwo
ushobora kumwitaho kugeza igihe iryo rari ryawe uzarimarira. Akenshi ugerageza
uko ushoboye kugira ngo umenye neza niba koko wageze ku ntego zawe ubundi
ugakinisha umuntu mu magambo nka : Ndagukunda, ni wowe wenyine ,…nyamara mu
mutima wawe ufite intego nyamukuru. Ibi bitera ibikomere uwo muntu, kuko akenshi
atamenya niba koko uri uwa nyawe kuri we.
Niba ukunda umukobwa wanyuze muri ubwo buzima, hari
icyo wakora akabona ko umwubaha kandi akazamenya kugutandukanya n’abo bandi
bahuye. Ibi bizagufasha kumenya neza niba koko agukunda abikuye ku mutima.
Ese ni gute
wakoresha ubu buryo akabubona neza? Ntabwo bworoshye ariko ntibwanakomerera buri
wese. Gushimira umuntu no kumwereka ko yubashwe, bishobora gukorwa mu buryo
bwinshi. InyaRwanda.com iragufasha.
1. Ujye
umuganiriza mu kinyabupfura: Ntuzigere wereka uyu mukobwa ko afite agaciro
gake.
2. Mwumve:
Ntuzamwumve mu magambo avuga gusa, ahubwo no ku marangamutima arimo kukwereka.
3. Mutere
imitoma: Tandukana n’abandi, kandi ubivuge ubikomeje, kuko we azahita amenya
niba umubeshya cyangwa niba bikurimo.
4. Ibintu akunda
bimushyigikiremo: Ese akunda guteka? Mufashe ! Ese akunda gukina , Ese
akunda kuririmba ? Mufashe muri byose akunda kandi ube mu b’imbere,
nibinashoboka mubikorane, cyangwa mubirebane.
5. Igitekerezo
cye gihe agaciro, mbere yo gufata umwanzuro: Mubaze icyo abitekerezaho
kandi ugihe agaciro.
6. Babarira:
Nta bundi buryo bwiza bwo gukunda umuntu, nko kumubabarira bivuye
kumutima. Kugumana inzika, ntacyo byagufasha.
7. Tegura
akagendo gato kanyu mwembi: Mufate mujyane ahantu mushobora kumarana agahe
k’ingenzi mwembi.
8. Shyiraho
intego zanyu mwenyi: Niba mwembi muzi aho muri kwerekeza, n’ibyo muri
gukorera, ni ngombwa ngo mufashanye kandi mugire n’intego zimwe zizatuma
mukomeza kuba hamwe.
9. Ujye wemera
amakosa yawe: Kuba wowe no kwemera
amakosa yawe bigaragaza ko utigira
intungane, kandi mu rukundo ntawe ukwiriye kwigira miseke igoroye, kandi ibi
bizatuma uwo mukobwa agukunda cyane kuko wigaragaza uko uri, bizabashyira
hamwe.
10. Mushyigikire:
Nugera mu gihe aho uzasabwa guhitamo hagati yawe n’uwo uvuga ko
ukunda, uzamuhitemo udashidikanya. By’umwihariko nibiba guhitamo ku muryango
wawe. Bisa n’aho yamaze kugutwara, yarabakwambuye kandi akeneye ko
umushyigikira.
11. Niba atameze
neza, arwaye umutwe ,.. Menya neza ko wamufashije kumera neza: Iteka
akwitaho, ngaho mwereke ko nawe umwitayeho, umufasha uko ushoboye by’umwihariko
mu gihe atameze neza.
12. Nagusaba
ubufasha ntuzamwirengagize: Menya neza ko utigeze umwima igisubizo mu gihe
yakweretse ko agukeneye.
13. Mu gihe
muri kuganira ku bintu by’ingenzi ntuzajye uzanamo imikino: Mwumve mu mahoro
witonze, kandi umwubahe.
14. Mu gihe
muri kuganira mwitegereze mu maso: Mwereke ko uri kumwumva.
15. Marana
igihe kinini nawe: Uwo mukobwa akeneye kwumva ko ari we mukobwa wa mbere ku
isi, by’umwihariko kuri wowe. Kumarana igihe kinini nawe nicyo kintu cya mbere
cyiza uzahitamo gukora.
16. Garagara
neza: Iyogosheshe, Wiyiteho ugaragare neza, ku buryo uzamukurura.
17. Mushyigikire:
Ba uwa mbere gushyigikira ibyo akeneye gukora, ashobora kukubwira ngo ndashaka
kuba umwanditsi, mufashe.
18. Mutungure:
Muhe utwandiko twa hato na hato tumushimisha. Indabo ntizamugwa nabi. Nta n’ubwo
bisaba ibintu bihenze, utuntu twa make nitwo dushimisha kandi nta n’ubwo agukeneyeho ibihenze.
19. Menya neza
ko atuje: Nimuba mwicaranye ujye umwiyegamiza, umufate ikiganza.
20. Niba mutari kumwe reka amenye ko uba umutekereza, mwandikire cyane, umuhamagare cyane….
21. Mureke
yisanzure: Mureke avuge buri kimwe kimuri mu ntekerezo no mu mutima.
22. Ntugatume
yishinja amakosa
23. Mujye
mwifotozanya cyane: Abakobwa bafata amafoto menshi, ariko yose ntaba afite
ibisobanuro bimwe nk’iyo mwabikoranye. Igihe cyose muri kumwe, ujye umenya neza
ko mwafashe ifoto muri hamwe.
24. Muhamagare
utuzina twiza: Ntukeneye kumvikana nk’umuntu wibereye mu bucuruzi, mu gihe uri
guhamagara izina rye. Koresha utuzina mukunda kwitana utuvangavange.
25. Ujye umureka
agufashe nawe: Iyo bigeze mu marangamutima , ushobora gukenera ubufasha
buke. Mureke agufashe, bizakwereka urukundo agufitiye.
26. Ujye ukora
ibyo wavuze: Niba hari ikintu wamwemereye, ugomba kugikora.
27. Ugomba
kumenya neza icyo akunda mugitanda ukagikora.
28. Ujye umusigira
ubutuma bwanditse mu nzu, ubutumwa bwiza cyane bumukora ku mutima, ku buryo
niyinjira mu cyumba ahita abubona.
29. Buri mwanya ujye umubwira ko umukunda
30. Muhe
urukundo atigeze abona ahandi binyuze mubyo ukora buri munsi, mwereke ko
adasanzwe.
TANGA IGITECYEREZO