Nyuma y’iminsi micye yari amaze mu igeragezwa ndetse akanitwara neza mu mukino wa gicuti, rutahizamu w’umunya-Cameroun, Essombe Willy Onana yahawe amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports, nk'uko byatangajwe n’iyi kipe.
Kuri
uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Nzeri 2021, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko
yamaze gusinyisha Willy Onana amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo kumubonamo
ubushobozi bwo kuzafasha Rayon Sports kugera ku ntego zayo.
Uyu
mukinnyi ahawe amasezerano nyuma yo gutsinda igeragezwa yari amazemo iminsi, ndetse
akaba yaranatsinze igitego rukumbi cyabonetse mu mukino wa gicuti Rayon Sports
yatsinzemo Musanze FC kuri Stade Ubworoherane kuri uyu wa Gatanu.
Ni
igitego yatsinze ku munota wa 50’ ndetse abafana, abayobozi ba Rayon Sports bemejwe
n’imikinire ye klu buryo bamwitezeho byinshi mu mwaka w’imikino utaha.
Iyi
kipe itaritwaye neza ku isoko ry’abakinnyi mu Mpeshyi, ubu iri gushaka
abakinnyi bakomoka hanze kugira ngo bayifashe kuzahatana muri shampiyona dore
ko imaze imyaka 2 idaserukira u Rwanda mu mikino Nyafurika.
Hari
abakinnyi benshi bari kugeragezwa n’umutoza Masudi kugira ngo avanemo abo
azakoresha umwaka utaha w’imikino uteganyijwe gutangira mu kwezi gutaha.
Uretse
abari mu igeragzwa, biravugwa ko kandi mu ntangiriro z’icyumweru gitaha hari
abandi bakinnyi bazaturuka muri Mali, Cameroon na Nigeria bazaza mu igeragezwa
muri Rayon Sports.
Rutahizamu
ukomoka muri Mali, Sanogo Souleyman, nawe ari mu bakinnyi bahabwa amahirwe yo
guhabwa amasezerano muri Rayon Sports.
Willy Onana yamaze gusinya amasezerano y'imyaka ibiri muri Rayon Sports
TANGA IGITECYEREZO