RFL
Kigali

Ese kuki abantu bakunda gupfa hagati ya saa Cyenda na saa Kumi z'ijoro? Irinde

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:24/09/2021 11:52
0


Wagiye wumva imibare myinshi y’abantu bapfuye hagati mu ijoro no mu masaha ya kare (mu rukerera), ukumva ngo kanaka yapfuye hagati ya saa Cyenda na saa Kumi z'ijoro, bamwe bati “Ni Amadayimoni yamwishe”, abandi bati "Ni umunsi we wageze".



Ibi bintu bikunda kubaho cyane cyane nko mu rugo cyangwa mu bitaro. Ibi bituma abantu ba hafi y’uwapfuye cyangwa abo mu muryango we bibaza impamvu yateye urwo rupfu na cyane ko abapfa muri ayo masaha abenshi baba batanarwaye cyangwa bari bamaze igihe bakize. Mu gukora iyi nkuru twagereranyije inkuru zitandukanye tunifashishije inkuru yanditswe na Mainooco kuri Opera News.

Mu gihe cya Yesu/Yezu hakoreshwaga igishushanyo (Mortality Rate %) cyagaragazaga ko abantu bapfa mu ijoro bari ku gipimo cya 20% naho mu gitondo bikaba 35%. Ibi byagiye bihinduka uko imyaka yagiye ihita indi igataha, saa Cyenda na saa Kumi biba igihe kibi kuri bamwe.

Ahari ibyo ushobora gutekereza ni byo ukurikije ibyo wasomye cyangwa imyizerere yawe. Muri iyi minsi ahantu henshi humvikana inkuru zivuga ngo runaka yapfuye, wajya kumva ku ruhande ukumva bamwe bavuga ngo ‘Nyamara twari kumwe ku manywa ameze neza”. Ejo bikagenda uko n’ejo bundi na bwo bikagenda uko, mbese muri make, ibintu byagiye bihinduka uko iminsi yagiye ihita.

Muri iyi nkuru yanditswe na Mainooco, yasobanuye ko mu masaha y’ijoro ari bwo abarozi n’ibindi bibi bikora ariko bikaba bibi muri aya masaha ya saa Cyenda na saa Kumi. Muri iyi nkuru uyu mwanditsi yatanze inama ku bantu avuga ko gusenga bishobora kuba igisubizo bikaba byanatanga ubuzima ku wagombaga gupfa kuri aya masaha, asaba abantu kujya basenga cyane.

Umwuka wa Carbon ukwirakwira hanze muri aya masaha nawo uri mu bitera impfu zitunguranye z’abantu. Ibimera bisohora umwuka abantu bahumeka wa Oxgen bikakira Carbon Dioxide. Icyo gihe umwuka wa Carbon Dioxide uba ari mwinshi cyane mu kirere ku buryo umuntu urwaye ashobora kubigiriramo ingaruka zikomeye akenshi ziganisha ku mpfu zitunguranye.

Abantu bagirwa inama yo kujya bakumira umwuka wa Carbon Dioxide cyane, barekera hanze ibisa n’ibimera byose bishobora kuba biri hafi yo mu nzu. Kubera uburyo ubushobozi buke bw’umubiri w’ikiremwamuntu muri iyi myaka, ibi byose birabyorohera kwica abantu byoroshye. Urupfu iyo rwaje ntabwo waruhunga.

Inkomoko: Opera News






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND