Marioo yongeye guhamya ko adahuza n’abavuga ko Harmonize na Diamond Platnumz ari bo bazanye ‘Swahili Amapiano’ injyana yagemuwe ku yabazulu bo mu gihugu cya Africa y'Epfo ahubwo ko ari we ubwe wayizanye.
Swahili Amapiano imaze gufata igihugu cya Tanzania bugwate ari na ko ikomeje kwambuka imipaka y'iki gihugu ndetse ni cyo yagemuwemo cya Afrika y'Epfo. Harmonize na Diamond Platnumz bari mu bahanzi ba mbere batumye ifata intera yo hejuru maze yigarurira abatagira ingano.
Abinyujije
ku rukuta rwe rwa Instagram, Marioo yagaragaje ko atemeranywa habe na gato
n'abatamera ko ari we wayizamuye ayivana muri Africa y'Epfo.
Marioo
yemeje ko ariwe muhanzi wa mbere w’umunya Tanzania wanditse indirimbo ya mbere
ivanze injyana ya Bongo Flava na Amapiano yo mu bazulu muri Africa y'Epfo.
Yemeza
ko indirimbo ye “Mama Amina” yakoranye n’abahanzi bo muri Africa y'Epfo Sho
Madjozi na Bontle Smith imaze kurebwa inshuro zigera kuri Miliyoni 6.8 kuri
Youtube ariyo ya mbere yakozwe muri ubwo buryo.
Marioo
yanakomoje ku kongera gukorana indi ndirimbo ikozwe mu njyana ya Swahili
Amapiano azakorana n’umuhanzi wo muri Afrika y'Epfo Tyler ICU.
Bamwe mu babonye ubutumwa bw’uyu mugabo barimo umuhanzi n’umuvandimwe wa Diamond Planumz, Dj Romy Jony bamusubije. Dj Romy yagize ati: ”Ntabwo watuzaniye buri kimwe muvandi”
Mu busanzwe Marioo ni umuhanzi ukiri muto w’imyaka 26 injyana avuga ko yazanye ni Swahili Amapiano. Iyi njyana ikaba yaragemuwe ku yazamutse cyane muri Africa y'Epfo mu 2012 iba ivangavanze umuziki wa ‘piano’ na ‘drum’ irimo akantu k'izindi njyana zimenyerewe nka Deep House, Jazz na Lounge.
Marioo wemeza ko ari we watangije inkundura y'injyana imaze gufata no gufasha benshi ya Swahili Amapiano
Ninjye wazanye injyana ya Swahili Amapiano niba mutakiyikeneye mubwire nyisubizeyo.
KANDA HANO WUMVE MAMA AMINA YA MARIOO, SHOO MADJOZI NA BONTLE SMITH
TANGA IGITECYEREZO