RFL
Kigali

Sobanukirwa iby'ingenzi byafashije Diamond Platnumz kurenza umusaruro wa Miliyari 1.5 ‘Views’ kuri Youtube

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/09/2021 9:00
0


Umuhanzi Diamond Platnumz uhagaze neza mu ruganda rw’umuziki wa Africa by’umwihariko muri Tanzania, akomeje kugira umusaruro udasanzwe kuri Youtube urenga Miliyari 1.52 mu gihe imaze.



Kugera ubu Diamond Platunumz yamaze kuzuza inshuro zigera kuri Miliyari 1.5 z'abamaze kureba ibikorwa bye kuri Youtube. Mu gihe kugera ubu Tanzania iri ku rwego rwa 40% rw'abatuye iki gihugu bakoresha interineti.

Nyamara ibi ntibyabujije Diamond kugeza  ku musaruro utagira ingano kuri Youtube muri Africa yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Ikibazwa ni gute Diamond yabashije kugera ku musaruro ungana gutyo.

INYARWANDA yabateguriye bimwe mu by’ingenzi kuri Diamond umuhanzi, umushabitsi akaba kandi n’Umuyobozi Mukuru wa WCB yanashinze, bikwereka uko yabashije kugera ku byo yagezeho kuri Youtube.

Ibishyirwa ku rukuta rwa Youtube rwe

Uretse gushyira amashusho y’indirimbo ku rukuta rwe rwa Youtube, Diamond Platnumz ashyiraho n’uruhererekane rw’ibitaramo n’ibiganiro agirana n’itangazamakuru kimwe na bimwe mu bikorwa akora by’ubuzima bwe bwite ajya anashyiraho n’ibihangano by’abandi bahanzi urugero n’iyitwa Gere ya Tanasha Donna.

Ibanga ryo guhitamo neza abahanzi asaba gukorana nabo indirimbo

Diamond Platnumz azwi mu guhitamo neza abahanzi mpuzamahanga asaba gukorana nabo indirimbo - bituma ahita anigarurira abakunzi babo bakaba abe - Mu zo aherutse gukora harimo iyitwa Yope, Inama kimwe n\iyo yakoranye n’umunyabigwi w’umukongomani Koffi Olomide.

Gukurikirwa n’abatari cyane ku mbuga nkoranyambaga

Kuri uyu munsi mu bahanzi nyafurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri Instagram, Diamond Platnumz ni uwa gatatu nyuma y’abahanzi bakomoka muri Nigeria ari no Davido na Yemi Alade. Ibi bituma ikintu cyose akoze gihita kigera aho yifuza mu gihe gito gishoboka biturutse ku bamukurikira umunota ku wundi banamufasha kubisakaza.

Label ye ya WCB (Wasafi Classic Baby) nayo ikurikirwa n’abatari bacye aho kugeza ubu igejeje abarenga Miliyoni 3.5 bitewe no kuba kandi abamukurikira ku mbuga ari nabo bamufasha kugira umusaruro mwiza kuri Youtube. Diamond nawe imbuga ze ni ikintu aha agaciro ndetse afite itsinda riyoborwa n’uwitwa Kim Kyando rishinzwe gukurikirana umunsi ku wundi ibikorwa by’uyu muhanzi rikanabisangiza abakunzi be ku gihe binyuze kuri zo.

Diamond Platnumz umuhanzi mpuzamahanga kandi ukiri muto mu myaka ufite umusaruro utangaje mu mateka y'abakora umuziki muri Africa







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND