RFL
Kigali

Abakobwa gusa: Ntakomeze kugushuka! Dore ibintu 7 bizakwereka ko uwo musore akurambiwe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:15/09/2021 9:22
0


Gukundana n’umusore wakurambiwe, nicyo kintu kibabaza cyane ndetse kigatera n’impagarara. Ntabwo uba ucyiyibuka kugeza ubonye ko atakikwitayeho, ushobora kuba uzi neza aho ahugiye cyangwa akaba yaramaze guhaga ibyabahuzaga. Niba ubyiyumvamo ko ashobora kuba yarakwibagiwe rero, cyangwa se ukibishidikanyaho, dore ibimenyetso.



1. Mugira ugutuza kudakenewe iyo muri kumwe

Muba mukeneye kuganira kuri byinshi, ariko iyo muri kumwe hari ubwo mwese musanga mwacecetse bikabije. Arabibona ariko ntihagire icyo abivugaho. Umubaza ibintu by’ingenzi akakwirengagiza.


2. Igihe mumarana wakibarira ku ntoki

Ibi ntabwo biba ari bibi iteka, by’umwihariko nk’iyo umwe muri mwe ahugijwe n’akazi, n’umuryango se cyangwa n’ibindi bibazo. Niba ahugijwe n’ibi bintu uzabimenya kandi ubyubahe, ariko niba ubona nta mwanya aguha  uzabimenya. Aha ushobora no kuzitanga bigapfa ubusa. Uzahite wibaza niba hari icyo wakora cyangwa niba urarekera iyo.


3. Ntabwo akigushimisha nka mbere

Ujya muri Salon, bagakora ku musatsi wawe, bakakwitaho ugasa neza cyane, ariko ugategereza ko avuga ko usa neza ugaheba. Nta n’ubwo aguha umwanya wo kureba uko wambaye neza. Ukora iyo bwabaga ariko ugasanga amaso ye ari kureba hirya.

4. Muheruka gusohokana umwaka washize

Bwa nyuma aherutse kukujyana ahantu gutembera no kuganira, ni mu mwaka washize, cyangwa ni cyera hari gushira amezi menshi. Akunda kuguha impamvu, za urabona akazi, urabona, nta mwanya ,…..

5. Ntabwo agikunda ko muryama nka mbere

Niba ntacyo udakora nka mbere, wowe ukaba utarigeze uhinduka, ukaba ubona atakibikeneye, ahari wabikoze mu gihe kitari icya nyacyo none yarabirambiwe nta n’aho muragera. Nta byishimo akikubonamo kubera wenda yahuye n’ukurusha ubwiza bwo mu gitanda.

6. Yarekeye aho kukwandikira kandi ntakikuvugisha kuri telefoni nka mbere

Ubusanzwe, abahungu barangwa no kwohereza ubutumwa bugufi kubo bakunda. Uyu musore we rero ikizakwereka ko atakikwiyumvamo, ni uko n’iyo muvuganye kuri telefoni, amera nk’uwo mutaziranye, ukumva ntakwitayeho, ni nawe umutaho umwanya kandi nawe urabizi. Umusore ukunda umukobwa bakundana, akora iyo bwabaga akamenya neza ko ameze neza.

Aramusaza akamenya neza niba ameze neza, akamuhamagara cyangwa akamwandikira cyane, akamwereka ko arimo kumutekereza. Niba ibi yarabihagaritse rero, rekera aho kwibaza byinshi. Ibintu ntabwo bimeze neza.

7. Ahitamo kwikorera ibindi bintu, aho kumarana igihe nawe

Ubundi yakamaranye igihe n’umuryango wawe, mu kazi kabahuza niba gahari, cyangwa ibindi bintu bibashimisha mwembi. Ibi bintu byose ni ingenzi. Ariko niba nta nakimwe aha umwanya, ukeneye kugira ubwenge.

Ese hari ubwo ajya amara umunsi wose atakuvugisha, nyuma ukamurenganya ukabona nta n’icyo bimutwaye? Byanashoboka. Uyu musore ntakigukunda.

Urukundo rwubakwa n’abantu babiri, urukundo rw’ukuri hagati y’abantu babiri bahuye bakeneranye ntirujya rusaza, akazi kose waba ukora ntabwo wabura guha umwanya uwo wihebeye, niba koko uri mu rukundo nawe. Nta mpamvu n’imwe yagatumye umuntu akurambirwa. Niba abikora, hitamo ejo hazaza hawe wishimye cyangwa uhitemo kuhangiza wiruka k’utagushaka.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND