Nyuma y’umukino wa mbere rutahizamu Cristiano Ronaldo yakiniye Manchester United nyuma yo kuyigarukamo avuye muri Juventus yari amazemo imyaka 3, benshi mu bafana b’iyi kipe y’ubukombe ku Isi batangiye kugarura icyizere banashimangira ko bari mu rugamba byeruye rwo guhatanira igikombe cy’uyu mwaka muri Premier League.
Ku
wa Gatandatu tariki ya 11 Nzeri 2021, Cristiano Ronaldo yakiniye Manchester
United umukino wa mbere nyuma y’imyaka 12 ayivuyemo yerekeje muri Real Madrid,
akaba ari mu mukino wahuje Manchester United na Newcastle wabereye Old Trafford,
warangiye ku ntsinzi ya Manchester y’ibitego 4-1.
Ni
umukino Cristiano yigaragajemo cyane, kuko uretse gukina neza mu kibuga mu
minota 90, uyu mukinnyi yanatsinze ibitego bibiri bya mbere Manchester United
yabonye muri uyu mukino.
Ubwo
igice cya mbere cy’uyu mukino cyaganaga ku musozo, umusifuzi yongeyeho iminota
ibiri yatanze umusaruro kuri Manchester, aho Cristiano yayibonyemo igitego
cyafunguye amazamu, amakipe ahita agana mu karuhuko.
Nyuma
y'uko Newcastle itangiye igice cya kabiri yishura, ku gitego cyatsinzwe na Javier
Manquillo, Cristiano yongeye kugaragaza ko yazanye gahunda ifatika i Manchester,
nyuma y'uko ku munota wa 62 atsinze igitego cya kabiri ku mupira wari uvuye kwa Luke
Shaw.
Manchester
United yakomeje gukina neza ari na ko iryohereza abafana bari bakubise buzuye, Bruno
Fernandes na Jesse Lingard batsinda ibindi bitego, byatumye Manchester United
isoza umukino itsinze Newcastle ibitego 4-1, mu mukino Paul Pogba yatanzemo
imipira ibiri yavuyemo ibitego.
Ishyaka,
umuhate no kurema icyizere muri bagenzi be, byagaragajwe na Ronaldo wari
ugarutse ku kibuga Old Traford yubakiyeho amateka kuva mu 2003-2009, byatumye
benshi mu bafana b’iyi kipe yiyita amashitani atukura bari basinziriye
bakanguka ndetse abari barihebye bigarurira icyizere.
Kuza
kwa Cristiano muri Mancester United, byatumye iyi kipe igira imbaraga mu mpande
zitandukanye, haba mu busatirizi bwayo, ishyaka n’icyize ku iki yose muri
rusange, byanatumye abafana b’iyi kipe batangaza ko noneho bari ku rugamba rwo
guhatanira igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka ndetse banafite amahoirwe yo
kwegukana.
Mu
mikino Ine Manchester imaze gukina muri uyu mwaka w’imikino, iyoboye urutonde
rwa shampiyona n’amanota 10, nyuma yo gutsinda imikino itatu, ikanganya undi
mukino umwe.
Mu
myaka itandatu yakiniye Manchester United, Cristiano yayifashije kwegukana
ibikombe 9, birimo bitatu bya shampiyona y’u Bwongereza ndetse n’igikombe
kiruita ibindio I Burayi cya Champions League.
Akinira
Manchester United mu 2008, nibwo bwa mbere Cristiano yegukanye Ballon d’Or mu
mateka, yanabimburiye izindi Enye zayikurikiye nyuma.
Mu
mikino 292 Cristiano yakiniye Man.United, yayitsindiye ibitego 118. Ubu bikaba
byiyongereyeho bibiri yatsinze nyuma yo kuyigarukamo mu kwezi gushize.
Cristiano yatsinze ibitego bibiri m,u mukino we wa mbere muri Manchester United nyuma yo kuyigarukamo
Cristiano Ronaldo yitezweho byinshi Old Traford
Icyizere ni cyose ku bakinnyi ba Manchester United bashaka igikombe cya shampiyona
Akanyamuneza ni kose ku bafana ba Manchester United bagaruye icyizere ku gikombe cya shampiyona
TANGA IGITECYEREZO