RFL
Kigali

Abakobwa gusa: Dore ibintu 3 ugomba kujya ukorera uwo mukundana buri joro

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:12/09/2021 9:50
0


Abantu benshi bafata Facebook nk’urubuga rubi rutandukanya abakundana, ibi babitekereza kubera ko bamara umwanya munini ku mbuga nkoranyambaga kurenza uko baganira bo ubwabo. Igihe cyo kumarana n’uwo mukundana ntikigomba kubarwa, kuko cyakabaye kinini. Mukobwa dore inama z’ibyo wajya ukora buri joro ukarinda uwo wihebeye.



1.Gufatanya guteka no kurya

Gutekera uwo mukundana bizana inyungu nyinshi cyane: Bituma mumenyana, mukigira hamwe, ndetse bikanabaha inzibutso. Iyo mutekeye hamwe, mwibukiranya ibyo mukunda guteka, uko boza amasahani ,… bigatuma mwiyumva nk’aho umubano wanyu ari ubwunganizi. Iyo mwembi mwatetse ntawe uvuga ngo yananijwe no guteka, nta n’umwe wumva ari wenyine. Nyuma yo gutekera hamwe muba mugomba no gusangira ibya nijoro, ubundi umubano wanyu ukaba ntamakemwa.

2. Ujye umuganiriza , umubaze uko umunsi wagenze

Mukobwa , icyo ukwiriye gukora ni ugufata umwanya wawe, ukaganiriza umusore mukundana, ukamubaza uko umunsi wagenze, ukamurinda umunaniro n’umuhangayiko. N’ubwo umunsi waba utagenze neza, ntabwo wabura ikintu cyiza cyo kuvuga kuri wo cyiza noneho ukamureka agasinzira, ariko ntasinzirane uguhangayika.

Utubazo duto ariko twiza wamubaza, twazamura amarangamutima ye, tukamusubiza mu mwanya akongera akamera neza. Ni ingenzi kuri wowe rero kumenya uko yiriwe.

3.Ujye umwitegereza cyane, umwereke urukundo

Kumwitegereza mu maso ni ikintu gikomeye cyane. Muri uku kumwitegereza, ushobora kuvanamo ikintu kizima kuri we. Imbaraga zitagaragara, zikora iyo uri kwitegereza uwo mukundana mu maso. Zigufasha gukuraho imipaka yakabatanyije, zigatuma muruhuka mwembi.

Mwitegereze nawe azakureba noneho murebane mu maso.

Inkomoko: Opera News






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND