Rutahizamu w’umunya-Portugal, Cristiano Ronaldo, uherutse gusinyira Manchester United amasezerano y’imyaka ibiri, yatangiye guca uduhigo mu Bwongereza atarakinira iyi kipe umukino n’umwe, nyuma y'uko umwenda azambara ukubye kabiri amafaranga yaguzwe mu masaha 12 gusa ushyizwe ku isoko.
Ku
wa Kane w’icyumweru gishize ni bwo Manchester United yatangaje ko Cristiano
azambara nimero 7, yamburwa Cavani wayambaye umwaka ushize w’imikino, ahabwa
nimero 21.
Umwenda
wa Cristiano Ronaldo uriho nimero 7 muri Manchester United wahise ushyirwa ku
isoko, abafana mu bice bitandukanye by’Isi bawuguze ku bwinshi bituma aca
agahigo ko kugurisha imyenda myinshi mu gihe gito cyane.
Amafaranga
Manchester United yatanze igura uyu rutahizamu ufatwa nka nimero ya mbere ku
Isi, yayakubye kabiri mu masaha 12 gusa binyuze mu kugurisha umwambaro uyu mukinnyi
azambara muri iyi kipe yakoreyemo amateka mu myaka yashize.
Mu
masaha 12 gusa nyuma y'uko umwambaro Cristiano azambara ushyizwe ku isoko, wari
umaze kwinjiza akayabo ka £32.5m.
Amaduka
atandukanye yaba ayo mu Bwongereza ndetse n’ayo kuri interineti akomeje
gucuruza ku bwinshi umwambaro wa Cristiano ari nako akomeza guca aduhigo
ataratangira gukinira iyi kipe.
Ajya muri
Manchester United mu kwezi gushize, Cristiano yatanzweho miliyoni 15 z’ama-Pound,
hakazagira andi yiyongeraho nyuma, gusa mu masaha 12 ahawe nimero azambara, aya
mafaranga yatanzweho, iyi kipe yayakubye inshuro zirenga ebyiri.
Cristiano
y’imyaka 36 y’amavuko, ahise aca agahigo muri Premier League kuko ari we
mukinnyi ubikoze mu mateka y’iyi shampiyona ikunzwe kurusha izindi ku Isi.
Ku
ruhando mpuzamahanga, Ronaldo yahise akuraho agahigo ka Lionel Messi (yerekeza
muri PSG), Tom Brady (yerekeza muri Tampa Bay Buccaneers) na LeBron James
(yerekeza muri LA Lakers).
Ku
rubuga rwa Sky Sports no kuri app yayo, inkuru za Cristiano Ronaldo nizo zasomwe
cyane ndetse no kuri Twitter yayo, posts za Ronaldo zagize miliyari
y’abazikunze.
Mu
myaka itanu yakiniye Manchester United, Cristiano yayifashije kwegukana
ibikombe 9, birimo bitatu bya shampiyona y’u Bwongereza ndetse n’igikombe
kiruta ibindio i Burayi cya Champions League.
Akinira
Manchester United mu 2008, nibwo bwa mbere Cristiano yegukanye Ballon d’Or mu
mateka, yanabimburiye izindi Enye zayikurikiye nyuma.
Mu
mikino 292 Cristiano yakiniye Man.United, yayitsindiye ibitego 118.
Muri
iyi mpeshyi, nyuma yo gutangariza ubuyobozi bwa Juventus ko atazakomezanya
n’iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino, Cristiano yifujwe n’amakipe atandukanye, arimo
PSG, Tottenhm, Real Madrid, Manchester City ariko birangira ahisemo kugaruka
muri Manchester United.
Cristiano
Ronald arakinira Manchester United umukino we wa mbere mu mpera z’iki Cyumweru,
aho ikipe ye izakina na NewCastle United.
TANGA IGITECYEREZO