RFL
Kigali

Dore ibimenyetso 8 bigaragaza ko umuntu arwaye indwara yo guta umutwe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:5/09/2021 8:22
0


‘Guta umutwe’ ni indwara igufata wese, igahungabanya ubwonko n’intekerezo zawe. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibimenyetso 8 bizakwereka ko uyirwaye cyangwa umwe wo mu muryango wawe ayirwaye, ube wamufasha cyangwa wifashe.



Abanatu basaga Miliyoni 50, barwaye indwara yo guta umutwe, kandi uyu mubare ugenda wikuba gatatu uko imyaka igenda itambuka. Niba ukeka ko umuntu wawe, ashobora kuba arwaye iyi ndwara, dore ibimenyetso byagaragarijwe mu cyiswe “The Well For Health In Davidson”, mu bitaro byo muri Calorina y’Amajyaruguru. Aha batanze inama z’uko wafasha umuntu urwaye indwara n’uko wamwitaho.

DORE IBIMENYETSO BIZAKWEREKA KO UMUNTU MURI KUMWE ARWAYE INDWARA YO GUTA UMUTWE

1.Kubura ubushobozi bwo gukora imirimo yari asanzwe akora buri munsi.

Biba bikewe kwegera inshuti yawe ukayifasha mu gihe uri kubona itangiye kugutenguha, ugasanga ibyo yakoraga byahindutse. Ubusanzwe yabyukaga ategura ameza, akora isuku, akina umukino akunda (Game),.. ariko ubu nta nakimwe agikora.

2.Ubwonko bufata mu mutwe bwaragabanutse

Kubura ubwenge ni ikimenyetso gikomeye cy’indwara yo guta umutwe. Aha uzasanga uyu muntu yaribagiwe neza imibare igize nimero ze zatelefoni, yaribagiwe abantu bari bafitanye gahunda, yaribagiwe itariki, yaribagiwe igihe isi igezemo cyangwa yanaribagiwe abagize umuryango we, akenshi uzasanga asigariye kumasura yabo gusa.

3.Kuganira biramugora

Uyu muntu urwaye iyi ndwara yo guta umutwe, akenshi agorwa no kuganira n’abandi bantu, by’umwihariko iyo bafite ikiganiro cyihariye. Uzasanga abasaba gusubiramo cyane. Kuvuga amagambo amwe n’amwe biramugora, iyo ashaka kugira icyo avuga.

4.Ubushake bwa buri kintu burabura

Indwara yo guta umutwe yigaragaza cyane iyo umuntu wari usanzwe yisanzura mu bikorwa runaka, utangiye kujya ubona ntacyo yitaho, ibyo yakoraga nk’ibimushimisha byose atakibikora,..Ubushakashatsi bwakozwe vuba, bwagaragaje ko 70% by’abantu bagorwa cyane no kwiga ibintu bishya, baba barwaye indwara yo guta umutwe.

5.Kumva afite umunaniro

Kumva ntacyo ashaka gukora, kumva afite umunaniro, ni kimwe mu bimenyetso bizakwereka ko umuntu wawe, arwaye indwara yo guta umutwe. Iyo umuntu arwaye indwara yo guta umutwe, umunaniro uriyongera cyane. Aha uba usabwa kumuganiriza cyane, akumva atuje.

6.Gutekereza cyane

60% by’abantu barwaye iyi ndwara, akenshi bakunda gutekereza impamvu bari kugenda mu cyerekezo kimwe, nko mu gihe bari mu muhanda. Ntabwo bajya mu cyerekezo kimwe bashaka, kuko baba bumva bamenya impamvu batari kwerekeza na hariya. Bene uyu muntu ashobora kwishyira mu byago, ugirwa inama yo kutamureka wenyine.

7.Bagira uburakari

Niba kwibuka ibintu bimwe na bimwe ari kubazwa byamunaniye, azarakazwa na byo cyane.

8.Akunda kwimura ibintu cyane

Uyu muntu urwaye iyi ndwara akunda kwimura buri kimwe agikura mu mwanya wacyo agishyira ahandi, atekereza ko ariho hatekanye. Rero ni ahawe gufasha uyu muntu kumva ko atari wenyine, cyangwa ngo ube wamuha umwanya wo gukora bimwe muri ibi bimenyetso wenyine, kuko twabonye ko bimwe muri byo bishobora kumushyira mu kaga.

Inkomoko: Relrules






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND