RFL
Kigali

Dore impamvu abantu bamwe badakunda gusomana mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:3/09/2021 10:13
0


Ese gusomana mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina ubitekerezaho iki? Ahari ntubikunda kandi ukunda kubibona cyane mu ma filime.



ESE NI IKI GITUMA BAMWE BAKUNDA GUKORA IMIBONANO MPUZABITSINA BADASOMANA?

Urubyiruko ni rwo rukunda gukora imibonano mpuzabitsina rusomana, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe muri 2019, bugasohoka mu Kinyamakuru cyitwa ngo ‘Sex and Martital Therapy’. 20% by’abantu bari munsi y’imyaka 30 babajijwe, bavuze ko gusomana bizamura ubushuti cyane hagati y’abakundana. Umuntu umwe (1) muri batanu (5), wakoze imibonano mpuzabitsina adasomana, yemeje ko we atabikundaga n’ubusanzwe.

Abantu benshi banga gusomana mu gikorwa kubera izi mpamvu zikurikira.

·         21% banga gusomana n’ubusanzwe

·         20% bemeza ko abo bashakanye batazi uko basomana

·         16% bemeza ko batifuzaga gusoma abo bari kumwe kubera impamvu zitandukanye

·         11% Bemeza ko batinyaga impumuro yabo kubo bari kumwe

·         10% bemeza ko basomanye ariko ngo ntibyari byiza

·         7%  bemeza ko byari burenge urwego babishakagaho

·         10% Izindi mpamvu

ESE GUSOMANA MU GIKORWA BIHURIRA HE N’IBINDI BIKORWA

Abantu 1493, babajijwe niba bakora ibindi bikorwa bikorwa mu mibonano mpuzabitsina, umwe muri bo aba ariwe wemeza ko byose abikora.

Biratangaje 16% by’abemeje ko basomanye, bavuze ko bitari byiza, mbese ntabwo byabanyuze, muri make babikoze nabi. Ubusanzwe ibyo bamwe bita gusomana, ntabwo ari byo bakora, kuko akenshi usanga bikorwa nabi bigatuma bamwe batabona igisobanuro cya nyacyo cy’ijambo ‘Gusomana’.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bakwiriye byibura gukoresha imibiri yabo neza, mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Gusomana, guhoberana, no gukorakora uwo muri kumwe, ni ibintu bitatu bigendera rimwe. Abantu basomana cyane, barushaho gukundana no kumenyana birenze.

Gusomana akenshi biruta no gukora imibonano mpuzatsina ubwabyo, nk’uko ikinyamakuru dukesha iyi nkuru Relrules kibitangaza. Gusomana nibyo bigaragaza ko umuntu muri kumwe, akeneye imibonano mpuzabitsina cyangwa atabikeneye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND