Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika ‘CAF’ yatangaje ko nta bafana bemerewe kwinjira kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ku mukino wa kabiri mu matsinda mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, u Rwanda ruzakiramo Kenya.
Kuri
uyu wa Gatatu tariki ya 01 Nzeri 2021, ni bwo CAF yatangaje ko umukino u Rwanda
ruzakiramo Kenya tariki ya 05 Nzeri 2021, nta mufana n’umwe wemerewe kwinjira
kuri Stade ya Kigali izakira uyu mukino kubera ko hakiri byinshi bibura kugira
ngo Abafana bemererwe gusubira ku bibuga.
CAF
yafashe ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, harimo no
gukumira abafana gusubira ku bibuga mu gihe ibintu bitarasubira ku murongo ngo icyorezo
gihashywe burundu.
Ku
bw’izo mpamvu n’imikino ya mbere mu matsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi
cya 2022, nta bafana bemerewe kwinjira ku bibuga, kimwe n’umukino ubera muri
Maroc uhuza u Rwanda na Mali nawo nta bafana bemerewe kwinjira.
U
Rwanda ruzakira Kenya mu mukino wa kabiri mu mu matsinda yo gushaka itike y’igikombe
cy’Isi, ku Cyumweru tariki ya 05 Nzeri 2021, kuri Stade ya Kigali i Nyamiramo.
Uyu mukino uzabera mu muhezo.
Kuva
iki cyorezo cyagaragara mu Rwanda muri Werurwe 2020, ibikorwa byinshi bijyanye
na siporo byarahagaze ndetse abafana bakumirwa gusubira ku bibuga kugeza
magingo aya, keretse mu mikino imwe n’imwe irimo Basketball na Volleyball, aho
bemerera abafana kujya ku bibuga ariko babanje kwipimisha.
U
Rwanda rurakina na Mali mu mukino wa mbere w’amatsinda mu gushaka itike y’igikombe
cy’Isi cya 2022, ubera mu mujyi wa Agadir muri Maroc.
Muri
iyi mikino u Rwanda ruri mu itsinda rya E aho ruri kumwe na Uganda, Kenya na
Mali.
Abafana bakumiriwe ku mukino u Rwanda ruzakiramo Kenya kuri Stade ya Kigali
TANGA IGITECYEREZO