Ikipe y’Igihugu Amavubi, yageze i Agadir muri Maroc mu ijoro ryakeye, aho igiye kwitegura umukino uzayihuza na Mali ku wa Gatatu, tariki ya 1 Nzeri 2021, ku munsi wa mbere w’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.
Ntabwo
byoroheye iyi kipe kugera muri Maroc, kubera urugendo rw’indyankurye bakoze, rwabasabye hafi umunsi wose bari mu kirere.
Amavubi
na ‘delegasiyo’ bari kumwe bahagurutse i Kanombe saa Munani z’ijoro ku wa
Gatandatu, baca i Entebbe muri Uganda, bahamara isaha irengaho iminota micye
mbere yo gukomereza i Istanbul muri Turikiya, naho bahagurutse berekeza i Casablanca
muri Maroc batinzeho, bituma indege yari kubajyana Agadir ibasiga, gusa nyuma
baza kuhagera amahoro.
Itsinda
ry’abakinnyi b’Amavubi ryahagurutse i Kigali, ryasanze Imanishimwe Emmanuel na
Ngwabije Bryan Clovis muri Maroc, aho bategereje abandi bakinnyi bakina hanze, bazaza gufasha bagenzi babo urugamba rutoroshye rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi
cya 2022.
Manzi
Thierry ukina muri Georgia na Rwatubyaye Abdul ukina muri Macedonia, baragera mu
mwiherero w’Amavubi uyu munsi, mu gihe Mukunzi Yannick, York Rafael na Bizimana
Djihad bazagera mu mwiherero w’Amavubi ejo.
Amavubi
Stars azakina na Mali ku wa gatatu tariki ya 1 Nzeri 2021 I saa mbiri za
Kigali. FERWAFA izabamenyesha niba uyu mukino uzaca kuri televiziyo mu gihe
kidatinze.
Nyuma
y’uwo mukino, Ikipe y’Igihugu izakira Kenya mu mukino w’umunsi wa kabiri mu
itsinda E uzabera kuri Stade ya Kigali.
Amavubi yageze muri Maroc aritegura umukino wa Mali
Amavubi yagize urugendo rw'amasaha 24 kuva Kigali-Agadir
TANGA IGITECYEREZO