RFL
Kigali

Dore uburyo wakira indwara watewe n’uko baguciye inyuma

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:2/08/2021 11:10
0


Gucibwa inyuma ni cyo kintu cya mbere kibabaza kurusha ibindi. Birakubabaza iyo kugambanirwa utabimenyereye ariko ukisanga muri uwo mutego. Niba byarakubayeho rero cyangwa uzi uwo byabayeho umuhe iyi nkuru ayisome. Byitegure ahari ni wowe biziye.



Iyo waciwe inyuma bihungabanya amarangamutima yawe. Biguhindukira nk’aho isi yawe icitsemo kabiri kandi ukaba utazi icyo wakora. Niyo mpamvu rero abantu benshi muri iyi minsi bisanga mu rwobo rw’amarangamutima mabi batewe no gucibwa inyuma n’abo bakunda cyane.

Gutandukana n’uwo ukunda ntabwo byoroshye, nta n'ubwo birakorohera rwose. Ariko kwikuramo ko waciwe inyuma n’uwo wakundaga byo byumvikana nk’ibidashoboka. Niyo mpamvu ukeneye ubufasha bwagufasha kumva ko bishoboka ndetse ukaba wakwivura izo ndwara byazanye. Niba wumva utameza neza, ukaba wumva ubabajwe n’uko waciwe inyuma banza wumve ko ari ibisanzwe ku kiremwa muntu gifite ubuzima kumva ko kubabara bibaho.

Nibyiza rero uri gusoma iyi nkuru nanone kuko ubwayo iragufasha kumenya uko wasibanganya ikintu gisa n’icyobo cy’amarangamutima mabi wicukuriye ubwo watangiraga kumenya ko baguciye inyuma. Birumvakana ko bibabaza cyane kumva ko waciwe inyuma, ariko nanone, ntibivuze ko utabisiga inyuma ngo ukire ibyo bikomere.

DORE IBYO WAKORA UKABA WAKIRA NEZA IBYO BIKOMERE

1.Ukwiriye kumenya neza ko atari amakosa yawe

Menya ko udakwiriye kwishinja amakosa yo gucibwa inyuma, menya ko utari nyirabayazana wabyo.Ni wowe urengana. Ni wowe waciwe inyuma. Ntabwo wari intungane murukundo rwanyu ariko ntivuze ko wari ukwiriye kugambanirwa.

2.Iyiteho ! Iteze imbere

Gerageza gukora ibintu bituma wihugiraho wowe ubwawe. Ubyumve neza. Ubu ni wowe wifite nta wundi ufite. Niyo mpamvu usabwa gukora cyane kugira ngo usibe icyo cyuho.

3.Ntuzongere gukundana utaramenya neza ko wakize

Rimwe na rimwe hari ubwo uzikomeza, wumve uri guhatwa kujya mu rundi rukundo imburagihe, kubera ko utekereza ko ari cyo kimenyetso kigaragaza ko wabyivanyemo, ndetse wakize. Ibyo nta n'aho bihuriye kandi si na byiza guhita wishora mu wundi mubano. Ntabwo ukwiriye kwihatiriza kumera neza, kandi utarabyitegura.

4.Ishyiremo ko abantu bose batandukanye

Nugera muri cya gihe cyo kongera gukundana uzatekereze ko abantu bose batandukanye. Uwo mu giye gukundana, ntaho ahuriye n’uwo mwakundanye mbere. Siko abantu bose, bacana inyuma. Ibyakubayeho ni umuco utagirwa n’abantu bose.

5.Ntuzahatirize uwaguciye inyuma

6.Ihuze n’abantu beza

7.Shaka abantu bakuganiriza niba ubona ari ngombwa

Rimwe na rimwe hari ubwo uzakenera abahanga mu mibanire, ukabasaba kukuganiriza ndetse ukabasaba inama. Ntukwiriye guterwa isoni cyangwa ikimwaro no gukira ibikomere byawe.

Ibyo uri gucamo, biroroshye ariko bigusaba imbaraga ngo ubivemo. Shaka ugufasha cyangwa wifashe ukoresheje iyi nkuru kandi iragufasha kuyobora amarangamutima yawe. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND