Jonathan Kuminga w’imyaka 18 wavukiye i Goma muri Repubuluka Iharanira Demokarasi ya Congo, yanditse amateka akomeye cyane nyuma yo gutoranywa n’ikipe ya Golden State Warriors y’icyamamare Stephen Curry bagiye gukinana mu ikipe imwe bambaye umwambaro umwe.
Kuminga
yabaye umukinnyi wa gatandatu uvuka muri DR Congo winjiye muri shampiyona ya
basketball ya NBA muri Amerika nyuma y'uko atoranyijwe na Golden State Warriors
mu mpera z’iki cyumweru.
Mu
mujyi wa Goma, umwe mu basore bakinye Basketball bazi Jonathan Kuminga ari
muto, yatangaje ko bibateye ishema ariko we bitamutunguye kuko yari impano
idasanzwe kuva akiri muto.
Kuminga
yatoranyijwe ku mwanya wa karindwi ari uwa mbere wa Warriors, avanywe mu ikipe
ya G League Ignite nayo yo muri leta ya California ikina mu irushanwa rya
G-League.
Amaze
gutoranywa, uyu musore w'imyaka 18 wavukiye i wa Goma yagize ati:
"Igihe
cyose nzakurira iruhande rwa Steph Curry, Klay [Thompson], Draymond Green,
ndumva umukino wanjye ugiye kuva hasi ukagera hejuru mu mezi macye".
Afatwa
nk'umukinnyi uharaze (athletic) kurusha abandi batoranyijwe, ni umuhanga mu
gutsinda no gukinana n'abandi, afite n'amahirwe yo gukura akavamo uwugarira
neza.
Iwabo
i Goma, arazwi cyane mu bakina n'abakurikira Basketball ubwo yakinaga mu
cyiciro cy'abana arangwa n'ubuhanga budasanzwe mu gusimbuka no kudunda umupira.
Yagize
amahirwe, mu 2016 ataruzuza imyaka 14, akurikira mukuru we Joel Ntambwe muri
Amerika wari warabonyeyo 'bourse/scholarship' ya National Collegiate Athletic
Association (NCCA).
Ubuhanga
bwa Kuminga muri basketball bwatumye abona umwanya mu bigo by'amashuri
yisumbuye muri West Virginia, New York na The Patrick School muri New Jersey
yakiniye mbere y'uko ajya muri G League Ignite y'ababigize umwuga.
Umwaka
ushize w'imikino ya G-League, Kuminga yagize ikigereranyo cyo gutsinda amanota
15.8 ku mukino, 7.2 'rebounds', 2.7 assists, kandi agatsinda 38.7% by'imipira
atera.
Kuva
yajya muri Amerika, kugeza mu minsi micye mbere ya NBA Draft yabaye mu ijoro
ryo ku wa kane, Kuminga yari atarabonana n'ababyeyi be n'abavandimwe b'i Goma,
bageze muri Amerika baje kureba NBA Draft.
Gusa
ntiyibagiwe iwabo kuko mu kwezi kwa gatanu ubwo ikirunga cya Nyiragongo
cyarukaga kigasenyera benshi iwabo, Kuminga yakusanyije inkunga yageze ku
bihumbi by'amadorari akoresheje GoFundMe yo kohereza gufasha abo mu mujyi we.
Emmanuel
Mwango umucuruzi wahoze ari umukinnyi wa Basketball uba mu mujyi wa Goma azi
Kuminga i Goma afite imyaka 12 na 13.
Yabwiye
BBC ati: "Mu bana banganaga na we niwe wari ikirenga, yarabarushaga, haba
mu gusimbuka cyangwa gutsinda ibitego, wabonaga ko azavamo ikintu. Kuba agiye
muri Warriors njye ntibintunguye cyane ariko ateye ishema kuri Congo na hano
iwacu i Goma".
Kuminga abaye umukinnyi wa gatandatu uvuka muri DR Congo winjiye muri NBA nyuma y'abandi nka Dikembe Mutumbo, Didier "D. J." Ilunga-Mbenga, Christian Eyenga, Bismack Biyombo na mubyara we Emmanuel Mudiay.
Jonathan yamaze kuba umukinnyi mushya wa Golden State Worriors
Kuminga ni umwe mubanyafurika bakina muri NBA batanga icyizere
TANGA IGITECYEREZO