Umuhanzikazi uri mu bakunzwe muri Ghana, Mona Faiz Montrage wamamaye nka Haijia4real yahakanye ibyari bimaze iminsi bihwihwitswa ko ari mu rukundo na Shatta Wale.
Haijia yahakanye aratsemba amakuru yari amaze iminsi avugwa ko urukundo rugeze kure hagati ye na Shatta Wale uri mu bakomeye mu muziki wa Afrika wagiye akora indirimbo zakunzwe agakorana n’ibyamamare birimo na Beyonce.
Ibi akaba yabitangarije mu kiganiro yagira na radiyo yitwa Hitz
FM yo mu murwa mukuru wa Ghana Accra. Abajijwe aho yahuriye bwa mbere na Shatata
Wale yagize ati:”Duhura bwa mbere hari muri Leta ya New york muri Amerika duhita
dutangira kujya tuganira biri aho gusa.”
Hajia4real ibi bikaba kandi biri kuba mu gihe aba bombi bafitanye indirimbo nshya yitwa ‘Baby’ ije ikurikira n’indi ndirimbo yari amaze iminsi ashyize hanze yitwa ‘God’s Child’.
KANDA HANO WUMVE BABY YA SHATTA WALE NA HAIJIA4REAL
TANGA IGITECYEREZO