Nyinawumuntu Grace yongeye kugirwa umutoza w'amavubi y'abagore ariko mu batarengeje imyaka 20
Ikipe
y'igihugu Amavubi y'abagore batarengeje imyaka 20 bagomba gutangira imyiteguro
y'amajonjora y'imikino y'igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha kibere muri Costa
Rica.
Ni
muri urwo rwego rero ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA ryahisemo gushyiraho abatoza bashya bazafasha iyi kipe, aba batoza bakaba bayobowe
na Nyinawumuntu Grace usanzwe ari umuyobozi ushinzwe tekinike mu irerero rya
PSG rizaba riri mu majyepfo y'u Rwanda.
U
Rwanda ruritegura umukino w'ijonjora rya Kabiri ruzahuramo na Ethiopia, aho
umukino ubanza uteganyijwe hagati ya tariki 23 na 25 Nzeri naho uwo kwishyura
ukaba hagati ya tariki 7 na 9 Ukwakira 2021. Ijonjora rya mbere u Rwanda
rwagombaga guhura na Sudani y'Epfo ariko yikura mu irushanwa u Rwanda rukomeza
rudakinnye.
Nyinawumuntu
Grace yatoje Amavubi kuva 2014 kugera 2018
Abagize
staff y'amavubi
Nyinawumuntu
Marie Grace (Umutoza mukuru)
Mukashema
Consolée (Umutoza wungirije wa mbere)
Mukamusonera
Théogenie (Umutoza wungiije wa kabiri)
Maniraguha
Claude (Umutoza w’abanyezamu)
Barihe
Gustave (Umutoza ushizwe kongera ingufu)
Ujeneza
Jennifer (1st Physiotherapist)
Akayezu
Cécile (2nd Physiotherapist)
Kabanyana
Scovia (Team Manager)
Dr
Umucyo Ntidendereza Honorine (Umuganga)
Uwase
Ange (ushinzwe ibikoresho)
TANGA IGITECYEREZO