RFL
Kigali

Dore impamvu 6 zigaragaza neza ko abagabo ba nyabo batigera bacana inyuma n’abo bashakanye

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:27/07/2021 15:04
0


Ntabwo abagabo bose baca inyuma abagore babo, nta n’ubwo abagore bose baca inyuma abagabo babo. Biraba ariko burya biba kubera impamvu izwi nabo ubwabo cyangwa se ikaba izwi n’umwe muri bo. Hari abagabo cyangwa abasore bahitamo kujya baca inyuma abo bakunda ariko umugabo w’ukuri ku mugore we ntazigera amuca inyuma. Dore impamvu.



Hari ibihuha byinshi bizenguruka hanze aha, hafi ya byose bigaragaza impamvu abagabo bakunda guca inyuma abagore babo. Ntabwo abagabo bose bahemuka. Nta n’ubwo abagore bose baca inyuma abagabo babo. 

Umugabo wa nyawe mu mutima we ajya yibwira ati: “Ntabwo nigeze mbabaza umugore wanjye kandi sinzanabikora kuko bigaragara nk’icyaha kandi ndifuza ko abagabo bose bajya batekereza nka njye”. 

Iyi nkuru igamije kubwira isi yose impamvu abagabo ba nyabo batajya baca inyuma abagore babo nk’uko tubikesha ikinyamakuru Relrules cyandikira kuri murandasi.

1.      Abagabo ba nyabo baba bazi kubaha abo bashakanye.

Kubaha ni ikintu cy’ingenzi cyane hagati y’abantu babiri babana, byagera kubashakanye bikaba akarusho. Kubahana nibyo bikuza umubano w’abantu barenze umwe. Abagabo ba nyabo baba bazi kubaha abo bashakanye muri byose. Batanga buri kimwe kugira ngo byumvikane neza ko bamwubashye. Iyi niyo mpamvu ya mbere izakwereka ko atazigera aguca inyuma.

2.      Abagabo ba nyabo bakunda umuntu ushikamye

Ntabwo bajarajara. Abagabo ba nyabo, bareba umuntu ushikamye wihagazeho kandi usobanukiwe n’ubuzima akaba ari we bakunda. Bakunda umuntu uzashikama akagumana nabo mu byiza no mu bibi. Uyu mugabo nimuhura uzasanga umubano wanyu yawitayeho cyane.

3.      Ntabwo bakunda kubaho mu buzima bw’ikinyoma

Iyo umuntu akunda guca inyuma uwo babana, akenshi arangwa n’amafuti gusa bigatuma ahora abeshya, ndetse bikamutera kujya ahora ahimba ibintu n’inkuru zo kubeshya ngo yari hano cyangwa hariya. Abagabo ba nyabo ntabwo bifuza kubaho muri ubwo buzima bw’ikinyoma. Umugabo wa nyawe, muricara akakubwira uko yiyumva , uko abona ibintu kugira ngo atakubeshya cyangwa akagufatira imyanzuro izakubabaza kandi atabishaka. Nta kintu na kimwe azakubeshya. Muri we yizera ko icyiza ari ukuvugisha ukuri kuruta kubeshya.

4.      Aba bagabo bashobora kwiyobora

Aba bagabo baba bafite imbaraga zituma bashobora kwiyobora no kwiyitaho. Bazi neza ijambo ‘Umugabo w’umugore umwe’ (One Woman man).

5.      Ntibigera batekereza icyababaza uwo bashakanye

Nk’uko twabigarutseho mu ntangiriro y’iyi nkuru, abagabo ba nyabo ntabwo basuzugura abo bashakanye, iteka barabubaha. Iyo baciwe inyuma bahitamo gutandukana nawe. Ntibifuza ikintu na kimwe cyababaza uwo babana.

6.      Baba bafite ubushobozi bwo gutandukana  n’uwa bababaje kandi bakamwikuramo

Impamvu akenshi itera gucana inyuma ni uko abantu baba batishimanye. Akenshi hari n’abo uzasanga batinya gutandukana. Ibi rero nibyo umugabo w’ukuri, umugabo wanyawe, atazigera akora mu buzima bwe. Azashobora gutandukana nawe kandi akwikuremo burundu. Baba baziko ari ingenzi kugusezerera kuruta uko bakureka ugakomeza kubabazwa nabo. Ni bwo buryo bwabo bwo kukwereka ko bakubashye.

Ese haracyariho abagabo ba nyabo hanze aha ?








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND