Nyuma y’aho perezida wa Rayon Sports agarukiye mu Rwanda, muri Rayon Sports byashyushye, isoko ryongeye gukomera cyane.
Nyuma
y’aho Rayon Sports isoreje ikiciro cya mbere cyo kugura abakinnyi aho yinjije
Mico Justin, Muvandimwe Jean Marie Vienney, Mugisha Master na Byumvuhore tresor,
ubu igikurikiyeho ni ikiciro cya kabiri nacyo cyo gusinyisha abakinnyi bashya ndetse hashobora no kugaragaramo abakinnyi bafite amazina akomeye.
Mu
bakinnyi bari kuvugwa harimo Haruna Niyonzima Kapiteni w'ikipe y'igihugu
Amavubi. Haruna yashoje amasezerano yari afitanye n'ikipe ya Yanga African
ndetse banamusezeyeho ku mugaragaro. Haruna ubu nta kipe afite ndetse agomba ku
garuka mu Rwanda, byitezwe ko ari naho azakina umwaka utaha w'imikino. Rayon
Sports irashaka gusinyisha uyu musore ufite ubushobozi bwo gukina imya igera
kuri 4 bakaba bamukoresha muri uyu mwaka w'imikino iri imbere. Rayon Sports
ntabwo ariyo imushaka gusa kuko na As Kigali iri muri uru rugamba, mu gihe
umukinnyi we avuga ko ikipe izazana amafaranga menshi ariyo azasinyira.
Undi
mukinnyi uri mu biganiro na Rayon Sports ni Wanji Pius wakiniraga ikipe ya
Sunrise FC. Wanji Pius ni rutahizamu uca ku ruhande, akaba yarakaniye ikipe ya
Sunrise kuva mu 2019, gusa amasezerano ye yageze ku musozo n'ubundi ikipe
yakiniraga imanutse mu kiciro cya kabiri.
Pius
wakiniye ikipe ya Vipers yo muri Uganda, yitwaye neza mu mwaka we wa mbere ubwo
yabaga uwa kabiri mu inyuma ya Babuwa Samson mu bakinnyi batsinze ibitego
byinshi mu ikipe ya Sunrise FC.
Niyongira
Danny na we ari mu mboni za Rayon Sports. Danny usanzwe ari myugariro wa
Bugesera FC, Rayon Sports irashaka kumwinjiza mu ikipe akaba yababera nimero
kabiri mwiza dore ko bamaze umwaka wose kuri uyu mwanya bafiteho ikibazo. Danny
ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza muri Bugesera kuko ari n'umukinnyi utsinda.
Mushimiyimana
Mohamed ni umukinnyi wo mu kibuga hagati wanyuze muri Police FC ayivamo yerekeza
muri APR FC iheruka kumusezerera ubu akaba nta kipe afite. Mohamed ni umwe mu
bakinnyi batangiye ibiganiro na Rayon Sports mbere gusa kuri ubu ntabwo barahuza
ku mafaranga.
Nsongayingabo
Shaffy wakiniraga Gorilla FC na we ari mu bakinnyi bari gutekerezwa na Rayon
Sports ngo barebe ko yaza gutanga umutahe mu bwugarizi bw'iyi kipe. Shaffy
wakiniye APR FC na As Kigali nta gihindutse icyerekezo cye gishobora kugana
muri Rayon Sports na we umwaka utaha akambara umweru n'ubururu.
TANGA IGITECYEREZO