Umwe mu myanya igoye Kandi igira abakinnyi bacye mu kibuga ukomeje gutakaza abakinnyi bari barawitangiye, ubu Kwizera Olivier yujuje umubare w'abazamu 5 basezeye Ruhago imburagihe kandi bari bagikenewe.
Umuzamu
ni umuntu ukenerwa ku rwego rurenze indi myanya mu kibuga kuko n'ikimenyimenyi mu kibuga ikipe nti yakina idafite umuzamu, yewe n’iyo ahawe ikarita itukura
bakuramo umukinnyi hakinjiramo undi muzamu. N'ubwo urwego rw'abakinnyi
basezerewe umupira w'amaguru mu Rwanda ruri kwiyongera, bifata intera ikabije
mu izamu kuko n'abazamu bacye u Rwanda ruba rufite bari kurucika umwe kuri
umwe.
U
Rwanda rwagize abazamu beza ndetse bamaze igihe mu kibuga barimo Muhamudu Mosi,
Nkunzingoma Ramadhan wafatiye u Rwanda mu gikombe cy’Afurika 2004, Ndoli Jean
Claude na Nshimiyimana Eric Bakame bo bakiri mu kibuga. Kuva mu 2017 umupira
w'amaguru mu Rwanda umaze gutaka abazamu 5 bivuze ko mu mwaka umwe umuzamu
asezera kuri Ruhago kandi atari ikibazo cy'izabukuru.
Hategekimana Kabes
Kabes
wakiniye u Rwanda mu mikino y'igikombe cy'isi cyabereye muri Mexico mu 2011, akaba
yarageze muri iyi kipe yageze mu irerero rya FERWAFA avuye mu irerero rya
Nyakinama, gusa kuva yava muri Mexico
ntago byaje kugenda neza ngo akine ku ruhando rukomeye yari ategerejweho. Uyu
musore yakiniye igihe kinini ikipe ya As Muhanga ayivamo yerekeza mu ikipe ya
Rwamagana City yari mu kiciro cya 2 nyuma mu 2017 asezera kuri Ruhago,
aranyonyomba ikizere u Rwanda rwari rumufitiye kigenda uko.
Nizeyimana Alphonse (Ndanda)
Nizeyimana
Alphonse uzwi ku izina rya Ndanda yanyuze mu makipe akomeye hano mu Rwanda gusa
urugendo rwe rwarangiriye mu nzira atarotoye inzozi ze ndetse asezera umupira
w'amaguru u Rwanda n'abanyarwanda bakimucyeneye.
Nizeyimana Alphonse Ndanda aganira na InyaRwanda yatangaje ko ikibazo cy'imvune aricyo cyatumye asezera kuri Ruhago. Yagize ati: “Ntabwo Nzongera gukina umupira w'amaguru, nawusezeyeho burundu. Nakunze kugira imvune zo mu ivi zari zarambase zikambuza gukina mpitamo kureka umupira w'amaguru njya gushakira ubuzima ahandi”.
Nizeyimana Alphonse Ndanda yakiniye amakipe arimo Esperance FC
yazamukiyemo rayon Sports, Mukura vs na As Kigali. Muri uyu mwaka nibwo Ndanda
yiyemeje gusezera ku mupira w'amaguru Kandi yari agifite akabaraga.
Ingabire Aime Regis
Ni
we wahesheje igikombe rukumbi Mukura victory Sport ifite cy'amahoro mu 2018 umwuga igihe kinini yakimaze muri Mukura ari naho yasezereye gukina. Regis wafatwaga nk'umuzamu uzi gukuramo penariti yasezeye mu ntangiriro z'uyu mwaka
yigira mu kandi kazi kajyanye n’ibyo yize. Ajya guhagarika gukina, Regis
wanakiniyeho As Kigali, yabanje kwifashishwa nk'umutoza w'abazamu mu mwaka wa
2019-2020 kuko Mukura itagiraga uwo mutoza. Ubu Regis na we yatandukanye no
gukina football akiri muto.
Nzarora
Marcel
Yasinyiye
Mukura victory Sport ashaka kuzamura u Rwanda, gusa yayikiniye imikino 3 birangira
ayisize iba n'ikipe ya nyuma yari akiniye mu Rwanda. Marcel yari Umuzamu wa
mbere w'ikipe y'igihugu Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 mu 2011. Yari umusore
utanga ikizere, mu izamu nk'umusimbura mwiza wa Ndoli na Bakame mu gihe bari
kuba basezeye mu Mavubi.
umwe mu mikino Marcel yakiniye Mukura
Muri
Kanama 2020 nibwo Nzarora yatangaje ko asezeye umupira w'amaguru burundu, aha
yari hanze y'u Rwanda mu gihugu cya Ecosse. Musanze FC, APR FC, Police FC, na
Rayon Sports niyo makipe uyu musore wasezeye afite imyaka 27 yakiniye.
Kwizera
Olivier
Niwe
muzamu wuzuza abazamu 5 bamaze gusezera Ruhago b'abanyarwanda mu myaka 5
ishize. Kwizera Olivier umuntu atabura kuvuga ko yari Umuzamu wa mbere w'ikipe
y'igihugu Amavubi, tariki 22 uku kwezi nibwo yatunguye abantu asezera umupira
w'amaguru kandi yari agikinewe.
Ku
myaka 27, umuzamu aba agifite imyaka myinshi yo gukina, ariko kwizera
ntiyabyitayeho amanika inkweto mu ruhame. Kwizera yavuze ko gusezera ari ibintu
yari yaratekerejeho rero cyari cyo gihe ngo abishyire mu bikorwa. Kwizera
Olivier yakiniye Free State Stars yo muri Afurika y'Epfo, APR FC, Bugesera FC,
Rayon Sports, na Gasogi United gusa ubu ibisigaye ni amateka.
TANGA IGITECYEREZO