Umuhanzi w’icyamamare muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, wamenyekanye mu njyana ya R&B, arashijwa gufata kungufu umwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko. R.Kelly ngo yafashe ku ngufu uyu mwana w’umuhungu bahuriye muri Resitora yitwa McDonald muri Chicago 2006.
Abashinjacyaha bavuga ko ibi byaha R.Kelly ashinjwa
kimwe n’ibindi yarezwe mbere ariko bitarakemurwa, byose byashyizwe hamwe, akazabibazwa
muri Kanama 2021, ubwo azaba yitabye ubutabera. N’ubwo uyu muhanzi w’icyamamare
muri Amerika, aregwa ibi bintu, we nta na kimwe yemera avuga ko atigeze
ahohotera umuntu n’umwe.
Robert Kelly [R.Kelly] wigeze guhabwa Grammy Awards
ihabwa abahanzi kimwe n’abandi bakoze ibidasanzwe muri muzika, ategerejwe imbere
y’ubutabera muri Kanama. Mu byaha aregwa harimo: Gusambanya abana bato, gukora
amashusho y’urukozasoni, uburiganya no kudaha umwanya ubutabera. Ibyo byaha
byose uyu muhanzi abiregwa n’abadamu ndetse n’abakobwa batavugwa amazina. Muri
aba harimo n’umwana w’imyaka 17 y’amavuko wari umuririmbyi agikura, avuga ko
yahuye na R.Kelly muri Resitora akamutumira mu nzu ye itunganya umuziki iba i Chicago. Uyu wari
ufite imyaka 17 icyo gihe, avuga ko R.Kelly ngo yamuhendahenze kugeza
amusambanyije.
Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mwana w’umuhungu, yeretse
R.Kelly mugenzi we na we wari ufite imyaka 16 cyangwa 17 ngo nawe agashaka
kumufata kungufu. Uyu muhanzi uregwa n’abandi bagore n’abakobwa bivugwa ko bo
yabasambanyije akabasaba gufatwa amashusho. Abashinjacyaha bavuga ko ibyo byaha
uyu muhanzi aregwa, bifatanye n’ibyo bindi byose.
Inkomoko: theguardian , skynews, bbcnews
TANGA IGITECYEREZO